Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Ku Igororero rya Ngoma habereye ubukangurambanga bwo kwirinda icyorezo cy’ubushita bw’inkende

Itsinda ryaturutse mu karere ka Ngoma rishinzwe gukurikirana uko hakwirindwa icyorezo cy’ubushita bw’inkende(MPOX), uyu munsi taliki ya 03 Nzeri 2024, basuye abagore bagororerwa mu Igororero rya Ngoma babaganiriza ku bwirinzi bw’icyo cyorezo.

Share this Post

Mu bagize itsinda ry’abaganirije abagore bagororerwa mu Igororero rya Ngoma, ni abashinzwe gukurikirana umunsi ku munsi uko hakwirindwa icyo cyorezo, barimo Dr Gahima John umuyobozi w’ibitaro bya Kibungo, Captain Peter Nemeye, ushinzwe ubuvuzi muri burigade y’uburasirazuba, Rurangwa Diogene ukora muri Minisante, Dukuzimana Marie Alice, Ukuriye ubuzima mu Karere, batanga ikiganiro ku bwirinzi bw’icyorezo kiri mubihangayikishije isi muri iyi minsi.

Mu bibazo abagororwa babajije, nuko bari bafite amatsiko yuko icyo cyorezo cyandura n’uburyo cyakwirindwa ndetse n’ingamba bafata mu rwego rw’ubwirinzi, aho bahawe ubusonuro bwimbitse kuri iki cyorezo ndetse n’uburyo bakwirinda kugira ngo hatazagira aho imenera kandi kuyirinda bishoboka, ariko babasaba ko mubyo bagomba kwita ku isuku kuko ariho yandurira cyane kandi ko nubwo yaba atari ukwirinda icyorezo ko isuku ari ngezi mubuzima.

Mu minsi yashize nibwo hadutse icyorezo cy’ubushita bw’inkende (MPOX) aho isi yose yashize imbaraga mu guhangana nacyo bitewe nuko cyari kimaze guhitana abantu benshi kandi mu gihe gito.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form