Ibi biba biri mu rwego rw’iyogezabutumwa maze babasangiza ubutumwa bwiza no kwereka urukundo abantu bose, aho amatorero ahabwa umwanya agakora ivugabutumwa kubantu bari mumagororero atandukanye ndetse bikaba binagira uruhare rukomeye mu kugorora kukohari abahinduka kubera ko bumvise inyigisho zitandukanye zigakora ku mitima yabo bagakizwa bakazasohoka mu Igororero barafashe inzira y’agakiza bakiyegurira Imana.
Kugira ngo amadini n’amatorero bajye gukora ivugabutumwa mu Igororero bisabirwa uburenganzira umuyobozi mukuru w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, agasuzuma ubusabe bwabo yabona ko ntacyo butwaye akabaha uburenganzira kuko hari n’abashobora kwitwaza idini bakigisha inyigisho zidakwiriye zihabanye nibyo baje basaba ndetse n’ubuyobozi bw’Igororero bugomba kuba burikumwe n’abaje kwigisha ijambo ry’Imana.
Bimaze kumenyerwa ko mu igororero amadini ahakorera umurimo kandi ubona ko abari mumagororero baba bakeneye ubwo butumwa bwiza, kuko hari ababa bakeneye ihumure bakumva ubutumwa bwiza bagakira bakongera gusubizwamo icyizere.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.