Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri w’amagereza muri Botswana yasuye umudugudu w’ubumwe n’ubudaheranwa mu karere ka Bugesera yishimira uko abawutuye babanye

Muruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu komiseri w’amagereza muri Botswana nitsinda barikumwe mu Rwanda basuye ibice bitandukanye bageze ku ngoro y’amateka yoguhagarika Jenoside basobanurirwa uburyo abanyarwanda aribo bafashe iyambere mu guhagarika Jenoside amahanga arebera banabwirwa kumateka y’ubumwe n’ubwiyunge bwaranze abanyarwanda nyuma y’amahano yabaye n’umudugudu ubamo abarokotse Jenoside na bamwe mubayikoze bakiyemeza gusaba imbabazi abo biciye niko kugira igitekerezo cyo gusura uwo mudugudu.

Mu ijambo rye Komiseri w’amagereza muri Botswana Anthony Manjubu, yavuze ko akazi ko kugorora gasaba ubwitange kuko uhuza impande zombi bigasaba kujya hagati.

Yagize ati” mubyukuri akazi ko kugorora ni akazi katoroshye kuko bisaba guhuza abakoze ibyaha n’ababikorewe aho bisaba kwigisha impande zombi, usaba imbabazi akazitangauzitanga akazitanga  kugira ngo buriwese agere kurwego rwo kuba yakumva uburemere bw’icyo kintu aba akoze, ibi ni ibyerekana ko abanyarwanda mufite ubumwe   kandi mufite n’urukundo kuko na bibiliya mubyo yigisha harimo kandi ko rutagambirira ikibi ndasaba buriwese kurangwa n’ibyiza akirinda ikibi.”

Yasoje avuga ko mu Rwanda bigiyemo byinshi kandi ko ubwenge burahurwa asoza ashimira perezida wa Repubulika ku rwego agejejeho abaturage abasaba kujya bamusengera kuko azabageza kubyiza byinshi.

CG Evariste Murenzi yashimiye Komiseri wa Botswana wahisemo gusura U Rwanda nk’igihugu cya mbere kuva yahabwa izo nshingano ndetse amushimira kuba yarahisemo gusura uyu mudugudu.

Yagize ati” Ndashimira komiseri w’amagereza muri Botswana wahisemo gusura u Rwanda kuva yahabwa inshingano zokuyobora amagereza, mu ruzinduko bagize basuye ibice bitandukanye bageze ku ngoro y’amateka yoguhagarika Jenoside babwiwe ubutwari bw’abanyarwanda bamvise n’amateka y’ababana mumudugudu umwe kandi bamwe ari abarokotse Jenoside n’abayikoze basaba kuwusura igitekerezo nuko cyaje, ndashimira kandi umuryango Prison Fellowship yakoze igikorwa cyo guhuza abakoze Jenoside n’abayikorewe bakaba babana mu mahoro ntakwishishanya kuko ari urugendo rutoroshye rwo guhuza ibyo byiciro byombi bitewe n’amateka yabaranze.”

Kuba abantu bakoze Jenoside babana n’abayirokotse ni ikimenyetso gikomeye cy’ubumwe n’ubwiyunge kuko hari nabo utabibwira ngo bapfe kubyemera ariko ababo biyumviye ubuhamya bwababana kandi mumahoro bari muri ibyo byicyiro byombi.

Komiseri w’amagereza muri Botswana Anthony Manjubu Mokento yishimiye uburyo abatuye mumudugudu w’ubumwe n’ubudaheranwa babanye neza.
Beretswe bimwe mubikorwa bitandukanye bibahuye bakuramo inyungu zitandukanye.
Komiseri wa Botswana Botswana Anthony Manjubu Mokento yahawe impano n’abagore batuye mu mudugudu w’ubudaheranwa.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

22 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.