Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igorora muri Namibia yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Komiseri Mukuru w’Urwego rushinzwe Igorora muri Namibia Raphael Tuhafeni Hamunyela n'itsinda ayoboye bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi bajemo rugamije gutsura umubano n’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora (RCS); uyu munsi kuwa Gatatu tariki ya 05 Gashyantare 2025 basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi, basonaruriwa amateka yaranze Jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994.

Share this Post

Aba bashyitsi basobanuriwe amateka yaranze u Rwanda kuva mu gihe abanyarwanda bari babanye neza kugeza aho batangiye kubibwamo amacakubiri. Ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basobanuriwe uko abukoroni baciyemo ibice umuryango nyarwanda wari ubanye neza kugira ngo babashe kubayobora.

Ibyo byose byakurikiwe n’ubutegetsi bubi bwashimangiye amacakubiri binyuze mu icengezamatwara ryagejeje Abanyarwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nyuma yo gusobanukirwa ubugome Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yakoranywe, basuye ahashyinguwe Imibiri y’inzirakarengane, barazunamira.

 Amaze guha icyubahiro imibiri iruhukiye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, CG Hamunyela yavuze ko yashenguwe n’amateka mabi yaranze u Rwanda ariko anashima ubutwari bw’abanyarwanda bafashe iyambere bagahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi. Yashimye kandi ubutwari bwabo bugaragarira mu buryo bishatsemo ibisubizo  byabagejeje ku iterambere Igihugu gifite none.

CG Hamunyela yashenguwe n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form