Mubyo basobanuriwe harimo uko mbere y’ubukoroni abakoraga ibyaha bahanwaga, basobanurirwa uko byakorwaga mugihe cy’ubukoroni hakurikizwaho uko byakomeje na nyuma y’ubukoroni cyane ku guca imanza z’abakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho abakoze Jenoside baburanishijwe binyuze mu nkiko gacaca zishiriweho n’abanyarwanda kandi ubutabera bugatangwa neza abayikoze bagahanwa.
Basobanuriwe uko abantu bafunzwe n’abagororwa bakurikiranwa binyuzwe muri sisiteme ibafasha gukurikirana buriwese kuva ageze mu Igororero kugeza asoje ibihano bye, ndetse iyo sisiteme ikaba ihujwe n’inkiko ndeste n’izindi nzego zifite aho zihuriye no kugenzura ibakoze ibyaha murwego rwo guhuza amakuru uwakoze icyaha agahabwa ubutabera bunoze.
Muri gahunda zo kugorora abashyitsi basobanuriwe uburyo abantu bafunzwe n’abagororwa barigukora ibihano by’ibyaha bakoze bahabwa amasomo atandukanye, abategura gusubira kugirango baziteze imbere bageze mubuzima busanzwe ndetse bakanahabwa inyigisho z’ubureremboneragihugu, aho muri izo nyigisho bahabwa harimo ubwubatsi, ubudozi, gukora amashanyarazi, gukora amazi, gutunganya imisatsi, inyigisho z’ikoranabuhanga.
Uruzinduko rwabo barukomereje ku Igororero rya Nyarugenge aho beretswe bimwe mubikorwa bitandukanye bifasha abantu bafunzwe n’abagororwa basigaje igihe gito bigishwa murwego rwo kubategura gusubira mumuryango bareba uko byigwa babona nuko bikorwa baganira nababikora, bashima Leta y’u Rwanda kuri gahunda nziza yo kwita kubaturage bayo.
Nyuma yo gusura kucyicaro gikuru barakomrereza ku Igororero rya Nyarugenge bajye kureba uko gahunda zo kugorora zishyirwa mubikorwa basura ibikorwa bitandukanye by’iryo gororero.
Ubwo Komiseri w’Amagereza muri Botswana yandikaga mugitabo cy’abashyitsi basuye RCS.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.