Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru w’Amagereza muri Botswana n’itsinda rimuherekeje basuye icyicaro Gikuru cya RCS, basobanurirwa gahunda zitandukanye zo kugorora

Mubyo basobanuriwe harimo uko mbere y’ubukoroni abakoraga ibyaha bahanwaga, basobanurirwa uko byakorwaga mugihe cy’ubukoroni hakurikizwaho uko byakomeje na nyuma y’ubukoroni cyane ku guca imanza z’abakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho abakoze Jenoside baburanishijwe binyuze mu nkiko gacaca zishiriweho n’abanyarwanda kandi ubutabera bugatangwa neza abayikoze bagahanwa.

Basobanuriwe uko abantu bafunzwe n’abagororwa bakurikiranwa binyuzwe muri sisiteme ibafasha gukurikirana buriwese kuva ageze mu Igororero kugeza asoje ibihano bye, ndetse iyo sisiteme ikaba ihujwe n’inkiko ndeste n’izindi nzego zifite aho zihuriye no kugenzura ibakoze ibyaha murwego rwo guhuza amakuru uwakoze icyaha agahabwa ubutabera bunoze.

Muri gahunda zo kugorora abashyitsi basobanuriwe uburyo abantu bafunzwe n’abagororwa barigukora ibihano by’ibyaha bakoze bahabwa amasomo atandukanye, abategura gusubira kugirango baziteze imbere bageze mubuzima busanzwe ndetse bakanahabwa inyigisho z’ubureremboneragihugu, aho muri izo nyigisho bahabwa harimo ubwubatsi, ubudozi, gukora amashanyarazi, gukora amazi, gutunganya imisatsi, inyigisho z’ikoranabuhanga.

Uruzinduko rwabo barukomereje ku Igororero rya Nyarugenge aho beretswe bimwe mubikorwa bitandukanye bifasha abantu bafunzwe n’abagororwa basigaje igihe gito bigishwa murwego rwo kubategura gusubira mumuryango bareba uko byigwa babona nuko bikorwa baganira nababikora, bashima Leta y’u Rwanda kuri gahunda nziza yo kwita kubaturage bayo.

Nyuma yo gusura kucyicaro gikuru barakomrereza ku Igororero rya Nyarugenge bajye kureba uko gahunda zo kugorora zishyirwa mubikorwa basura ibikorwa bitandukanye by’iryo gororero.

Wari umwanya wo kuganira basangizanya ubumenyi aho babajije ibibazo bitandukanye muri gahunda yo kugororora.
Itsinda ryaherekeje Komiseri w’Amagereza muri Botswana baje muruzinduko rw’akazi.

Ubwo Komiseri w’Amagereza muri Botswana yandikaga mugitabo cy’abashyitsi basuye RCS.

Basoje gusura kucyicaro gikuru cy’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS bafashe ifoto y’urwibutso.
Basuye Igororero rya Nyarugenge berekwa ibikorwa bitandukanye birimo nuko bacunga umutekano w’abantu bafunzwe n’abagogorwa hakoreshejwe ikoranabuhaga.
Umuyobozi w’Igororero rya Nyarugenge ubwo yasonanuriraga abashyitsi gahunda zitandukanye mukugorora.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

2 days ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

2 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.