Mubyo basobanuriwe harimo uko mbere y’ubukoroni abakoraga ibyaha bahanwaga, basobanurirwa uko byakorwaga mugihe cy’ubukoroni hakurikizwaho uko byakomeje na nyuma y’ubukoroni cyane ku guca imanza z’abakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho abakoze Jenoside baburanishijwe binyuze mu nkiko gacaca zishiriweho n’abanyarwanda kandi ubutabera bugatangwa neza abayikoze bagahanwa.
Basobanuriwe uko abantu bafunzwe n’abagororwa bakurikiranwa binyuzwe muri sisiteme ibafasha gukurikirana buriwese kuva ageze mu Igororero kugeza asoje ibihano bye, ndetse iyo sisiteme ikaba ihujwe n’inkiko ndeste n’izindi nzego zifite aho zihuriye no kugenzura ibakoze ibyaha murwego rwo guhuza amakuru uwakoze icyaha agahabwa ubutabera bunoze.
Muri gahunda zo kugorora abashyitsi basobanuriwe uburyo abantu bafunzwe n’abagororwa barigukora ibihano by’ibyaha bakoze bahabwa amasomo atandukanye, abategura gusubira kugirango baziteze imbere bageze mubuzima busanzwe ndetse bakanahabwa inyigisho z’ubureremboneragihugu, aho muri izo nyigisho bahabwa harimo ubwubatsi, ubudozi, gukora amashanyarazi, gukora amazi, gutunganya imisatsi, inyigisho z’ikoranabuhanga.
Uruzinduko rwabo barukomereje ku Igororero rya Nyarugenge aho beretswe bimwe mubikorwa bitandukanye bifasha abantu bafunzwe n’abagororwa basigaje igihe gito bigishwa murwego rwo kubategura gusubira mumuryango bareba uko byigwa babona nuko bikorwa baganira nababikora, bashima Leta y’u Rwanda kuri gahunda nziza yo kwita kubaturage bayo.
Nyuma yo gusura kucyicaro gikuru barakomrereza ku Igororero rya Nyarugenge bajye kureba uko gahunda zo kugorora zishyirwa mubikorwa basura ibikorwa bitandukanye by’iryo gororero.
Ubwo Komiseri w’Amagereza muri Botswana yandikaga mugitabo cy’abashyitsi basuye RCS.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.