Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru w’Amagereza muri Botswana n’itsinda rimuherekeje basuye icyicaro Gikuru cya RCS, basobanurirwa gahunda zitandukanye zo kugorora

Mubyo basobanuriwe harimo uko mbere y’ubukoroni abakoraga ibyaha bahanwaga, basobanurirwa uko byakorwaga mugihe cy’ubukoroni hakurikizwaho uko byakomeje na nyuma y’ubukoroni cyane ku guca imanza z’abakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho abakoze Jenoside baburanishijwe binyuze mu nkiko gacaca zishiriweho n’abanyarwanda kandi ubutabera bugatangwa neza abayikoze bagahanwa.

Basobanuriwe uko abantu bafunzwe n’abagororwa bakurikiranwa binyuzwe muri sisiteme ibafasha gukurikirana buriwese kuva ageze mu Igororero kugeza asoje ibihano bye, ndetse iyo sisiteme ikaba ihujwe n’inkiko ndeste n’izindi nzego zifite aho zihuriye no kugenzura ibakoze ibyaha murwego rwo guhuza amakuru uwakoze icyaha agahabwa ubutabera bunoze.

Muri gahunda zo kugorora abashyitsi basobanuriwe uburyo abantu bafunzwe n’abagororwa barigukora ibihano by’ibyaha bakoze bahabwa amasomo atandukanye, abategura gusubira kugirango baziteze imbere bageze mubuzima busanzwe ndetse bakanahabwa inyigisho z’ubureremboneragihugu, aho muri izo nyigisho bahabwa harimo ubwubatsi, ubudozi, gukora amashanyarazi, gukora amazi, gutunganya imisatsi, inyigisho z’ikoranabuhanga.

Uruzinduko rwabo barukomereje ku Igororero rya Nyarugenge aho beretswe bimwe mubikorwa bitandukanye bifasha abantu bafunzwe n’abagororwa basigaje igihe gito bigishwa murwego rwo kubategura gusubira mumuryango bareba uko byigwa babona nuko bikorwa baganira nababikora, bashima Leta y’u Rwanda kuri gahunda nziza yo kwita kubaturage bayo.

Nyuma yo gusura kucyicaro gikuru barakomrereza ku Igororero rya Nyarugenge bajye kureba uko gahunda zo kugorora zishyirwa mubikorwa basura ibikorwa bitandukanye by’iryo gororero.

Wari umwanya wo kuganira basangizanya ubumenyi aho babajije ibibazo bitandukanye muri gahunda yo kugororora.
Itsinda ryaherekeje Komiseri w’Amagereza muri Botswana baje muruzinduko rw’akazi.

Ubwo Komiseri w’Amagereza muri Botswana yandikaga mugitabo cy’abashyitsi basuye RCS.

Basoje gusura kucyicaro gikuru cy’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS bafashe ifoto y’urwibutso.
Basuye Igororero rya Nyarugenge berekwa ibikorwa bitandukanye birimo nuko bacunga umutekano w’abantu bafunzwe n’abagogorwa hakoreshejwe ikoranabuhaga.
Umuyobozi w’Igororero rya Nyarugenge ubwo yasonanuriraga abashyitsi gahunda zitandukanye mukugorora.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

22 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.