Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi ari mu ruzinduko rw’akazi mu Gihugu cya Namibiya

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) n’Urwego rushinzwe Igorora mu Gihugu cya Namibiya (NCS) bisanzwe bifitanye umubano mwiza n’ubufanye  muri gahunda zigorora nk’uko byemejwe mu nyandiko y’amasezerano y’ubufanye yasinyiwe I Kigali kuwa 06 Gashyantare 2025 ubwo CG Raphael T Humunyela yagiriraga uruzinduko mu Rwanda.

Muri uru ruzinduko rw’akazi arimo, CG Evariste Murenzi na CG Raphael T Humunyela wa Namibiya kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2025 I Windhoek muri Namibiya bashyize umukono kuri gahunda yo gushyira mu bikorwa  bikubiye mu masezerano y’ubufatanye ku mpande zombi yasinywe mu ntangiro z’uyu mwaka wa 2025 i Kigali.

Iyi ntambwe yatewe ku bigo byombi, igiye kwihutisha ishyirwa mu bikorwa bikubiye muri aya masezerano y’ubufanye cyane cyane mu nzego z’amahugurwa no kongerera ubushobozi abakozi b’ibigo byombi, gucunga umutekano w’amagororero, Gahunda z’igorora no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa barangije ibihano, gusangira ubunararibonye mu micungire no kwita ku bagororwa, gusangira ubumenyi ku ikoranabuhanga nka Biogaz n’ikoranabuhanga mu gukora ibiribwa bitandukanye.

CG Evariste Murenzi na mugenzi we wo muri Namibia CG Raphael T Humunyela.

Ubu bufatanye hagati y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) n’Urwego rushinzwe Igorora muri Namibia(NCS) bwitezweho kandi kuzongera umusaruro n’ubunyamwuga mu bikorwa by’igorora ku mpande zombie nko mu mahugurwa n’iterambere ry’ubushobozi bw’abakozi, Iterambere ry’amasomo n’ibikoresho, Ubushakashatsi n’iterambere mu nzego zombi, Gusangira ubuhanga mu bice bitandukanye by’amahugurwa, iterambere, guteza imbere no gucunga impano, kuyobora ndetse no koherezanya abakozi batoza abandi.

CG Evariste Murenzi n’itsinda bari kumwe, basuye Ikigo gitangwirwamo Imyitozo y’Ibikorwa by’Igorora cya Lucius Sumbwanyambe Mahoto aho bishimiye gahunda nziza zitangirwa muri icyo kigo nk’imyitozo y’ibanze y’igorora, ubuyobozi n’ibikorwa by’igorora, kwita no Kuyobora abandi n’ibindi.

U Rwanda na Namibiya bifitanye umubano binyuze mu masezerano y’ubufatanye yashyizweho umukono mu nama Isanzwe ya 37 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yabereye i Addis, muri Gashyantare 2023, ibyo bikaba byaratumye umubano w’ibihugu byombi urushaho gukomera by’umwihariko mu nzego z’umutekano n’iz’ingendo zo mu kirere hagati y’ibihugu byombi n’ibindi.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

1 month ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

1 month ago

This website uses cookies.