Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi ari mu ruzinduko rw’akazi mu Gihugu cya Namibiya

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) n’Urwego rushinzwe Igorora mu Gihugu cya Namibiya (NCS) bisanzwe bifitanye umubano mwiza n’ubufanye  muri gahunda zigorora nk’uko byemejwe mu nyandiko y’amasezerano y’ubufanye yasinyiwe I Kigali kuwa 06 Gashyantare 2025 ubwo CG Raphael T Humunyela yagiriraga uruzinduko mu Rwanda.

Muri uru ruzinduko rw’akazi arimo, CG Evariste Murenzi na CG Raphael T Humunyela wa Namibiya kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2025 I Windhoek muri Namibiya bashyize umukono kuri gahunda yo gushyira mu bikorwa  bikubiye mu masezerano y’ubufatanye ku mpande zombi yasinywe mu ntangiro z’uyu mwaka wa 2025 i Kigali.

Iyi ntambwe yatewe ku bigo byombi, igiye kwihutisha ishyirwa mu bikorwa bikubiye muri aya masezerano y’ubufanye cyane cyane mu nzego z’amahugurwa no kongerera ubushobozi abakozi b’ibigo byombi, gucunga umutekano w’amagororero, Gahunda z’igorora no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa barangije ibihano, gusangira ubunararibonye mu micungire no kwita ku bagororwa, gusangira ubumenyi ku ikoranabuhanga nka Biogaz n’ikoranabuhanga mu gukora ibiribwa bitandukanye.

CG Evariste Murenzi na mugenzi we wo muri Namibia CG Raphael T Humunyela.

Ubu bufatanye hagati y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) n’Urwego rushinzwe Igorora muri Namibia(NCS) bwitezweho kandi kuzongera umusaruro n’ubunyamwuga mu bikorwa by’igorora ku mpande zombie nko mu mahugurwa n’iterambere ry’ubushobozi bw’abakozi, Iterambere ry’amasomo n’ibikoresho, Ubushakashatsi n’iterambere mu nzego zombi, Gusangira ubuhanga mu bice bitandukanye by’amahugurwa, iterambere, guteza imbere no gucunga impano, kuyobora ndetse no koherezanya abakozi batoza abandi.

CG Evariste Murenzi n’itsinda bari kumwe, basuye Ikigo gitangwirwamo Imyitozo y’Ibikorwa by’Igorora cya Lucius Sumbwanyambe Mahoto aho bishimiye gahunda nziza zitangirwa muri icyo kigo nk’imyitozo y’ibanze y’igorora, ubuyobozi n’ibikorwa by’igorora, kwita no Kuyobora abandi n’ibindi.

U Rwanda na Namibiya bifitanye umubano binyuze mu masezerano y’ubufatanye yashyizweho umukono mu nama Isanzwe ya 37 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yabereye i Addis, muri Gashyantare 2023, ibyo bikaba byaratumye umubano w’ibihugu byombi urushaho gukomera by’umwihariko mu nzego z’umutekano n’iz’ingendo zo mu kirere hagati y’ibihugu byombi n’ibindi.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.