Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru wa RCS, ari muri Senegal aho yitabiriye Inama ngarukamwaka y’ihuriro ry’ibihugu by’Afurika bifite inshingano zo kugorora

Inamangarukamwaka y’uyumwaka yateguwe ku nsanganyamatsiko igira iti” kwigira twubaka sisiteme yo kugorora bijyanye n’amasomo twakuye mu cyorezo cya Covid-19”, kandi inagamije kungurana ibitekerezo no gusangizanya ubumenyi hagati y’ibihugu, hibandwa ku migororere ijyanye n’igihe, biturutse ku ngorane zimwe na zimwe zagiye zigaragazwa  n’icyorezo cya Covid-19, hagamijwe kureba ibibazo byagiye bigaragara  byabonerwa umuti urambye.

Iyi nama yahurije hamwe abagera kuri 400, harimo abayobozi b’ibigo bishinzwe kugorora, Abayobozi b’Amagororero baturutse mu bihugu by’umugabane wa Afurika byose, Impuguke ndetse n’abamaze igihe muri gahunda zo kugorora, Imiryango itegamiye kuri Leta, abaterankunga ndetse n’imiryango mpuzamahanga.

Minisitiri w’intebe w’Igihugu cya Senegal Rt Amadou Ba, niwe watangije ihuriro ry’ibihugu by’Afurika bifite inshingano zo kugorora izamara iminsi 5, iri kwigirwamo uburyo hari ibintu byinshi byahinduka muri serivisi z’Igorora bijyanye n’igihe ndetse no gusangira ubumenyi butanduka no kurushaho kwigira izamara iminsi itanu.

Ni inama yigirwamo byinshi murwego rwo gusangira ubumenyi butandukanye.

ubwo bageraga i Dakar bagiye kwitabira inama ihuza abafite aho bahurira no kugorora.

Ni inama yitabirwa n’ibihugu byose bifite aho bihurira no kugorora, iyi ikaba yitabiriwe n’abantu 400.

Komiseri mukuru wa RCS arikumwe n’itsinda ry’abantu babiri bagiye bamuherekeje.

Abayobozi inararibonye mu kugorora muri Afurika ndetse n’abaterankunga batandukanye bitabiriye iyi nama.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

20 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.