Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru wa RCS, ari muri Senegal aho yitabiriye Inama ngarukamwaka y’ihuriro ry’ibihugu by’Afurika bifite inshingano zo kugorora

Inamangarukamwaka y’uyumwaka yateguwe ku nsanganyamatsiko igira iti” kwigira twubaka sisiteme yo kugorora bijyanye n’amasomo twakuye mu cyorezo cya Covid-19”, kandi inagamije kungurana ibitekerezo no gusangizanya ubumenyi hagati y’ibihugu, hibandwa ku migororere ijyanye n’igihe, biturutse ku ngorane zimwe na zimwe zagiye zigaragazwa  n’icyorezo cya Covid-19, hagamijwe kureba ibibazo byagiye bigaragara  byabonerwa umuti urambye.

Iyi nama yahurije hamwe abagera kuri 400, harimo abayobozi b’ibigo bishinzwe kugorora, Abayobozi b’Amagororero baturutse mu bihugu by’umugabane wa Afurika byose, Impuguke ndetse n’abamaze igihe muri gahunda zo kugorora, Imiryango itegamiye kuri Leta, abaterankunga ndetse n’imiryango mpuzamahanga.

Minisitiri w’intebe w’Igihugu cya Senegal Rt Amadou Ba, niwe watangije ihuriro ry’ibihugu by’Afurika bifite inshingano zo kugorora izamara iminsi 5, iri kwigirwamo uburyo hari ibintu byinshi byahinduka muri serivisi z’Igorora bijyanye n’igihe ndetse no gusangira ubumenyi butanduka no kurushaho kwigira izamara iminsi itanu.

Ni inama yigirwamo byinshi murwego rwo gusangira ubumenyi butandukanye.

ubwo bageraga i Dakar bagiye kwitabira inama ihuza abafite aho bahurira no kugorora.

Ni inama yitabirwa n’ibihugu byose bifite aho bihurira no kugorora, iyi ikaba yitabiriwe n’abantu 400.

Komiseri mukuru wa RCS arikumwe n’itsinda ry’abantu babiri bagiye bamuherekeje.

Abayobozi inararibonye mu kugorora muri Afurika ndetse n’abaterankunga batandukanye bitabiriye iyi nama.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.