Categories: Amakuru ya RCSSlider

Itsinda ry’abashyitsi baribaturutse muri USAID ikigo cy’ Abanyamerika gitanga ubufasha butandukanye mu baturage ku isi, basuye Igororero rya Rwamagana

Mumwanya bahamaze baganiriye n’abagororwa Kuburyo bw’imiburanire n’uko bafashwa cyane kubaje badakatiye ndetse n’abifuza kujuririra ibihano baba barakatiwe n’inkiko ndetse n’abagororwa bafasha abandi, baganirizwa ibyerekeye amategeko banasobanurirwa ko bamwe mu bafungwa muribo babafasha mubijyanye n’ubutabera abandi nabo bakaba Barahuguwe nabagenzi babo bageze mu igororero, aho baganiriza bagenzi babo ibyerekeye uko wakwitwara imbere y’urukiko ndetse n’imvugo wakoresha imbere y’urukiko igihe wemera cyangwa uhakana icyaha.

Bamwe mu bagororwa batanga ubwo bufasha, bavuzeko ibyo bakora bitanga umusaruro, kuko hari ingero nyinshi zabo bafashije kandi bigatanga umusaruro ndetse ko hari bamwe mu bagororwa batanga ubuhamya bavuga ko bagiriwe inama na bagenzi babo bajya kuburana bakagabanyirizwa ibihano kandi mbere bari barahamijwe ibyaha bakanatirwa ibihano birebire, bagendeye ku nama bagiye bagirwa na bagenzi babo nta mwunganizi ubunganira bagakurikiza ibyo bamubwiye.

Banaganiriye kandi n’abagororwa bafasha bagenzi babo mubijyanye n’ubuzima muribo hakaba hari abari basanzwe bakora muri serivisi z’ubuzima mbere yuko bakora ibyaha, bakaba bavuga ko bafite itsinda rishinzwe kwita kubagize ibibazo ibyaribyo byose bijyanye n’ubuzima, kandi ko babona bitanga umusaruro, bavuga ko ibi byose bituruka kubuyobozi bwiza, bwita kubuzima bwa burimuturarwanda wese kuri serivisi z’ubuzima zirimo nko gukingirwa indwara zitandukanye, gutera imiti yica imibu itera maralia, kujyanwa kwa muganga n’izindi gahunda zose zirebana n’ubuzima.

Abagororwa kandi babwiye abashyitsi ko mu igororero, babona umwanya wo kwidagadura umuntu wese agakina umukino yifuza kuko harimo ibibuga bitandukanye, amaclub atandukanye ndetse n’amadini n’amatorero bifasha umuntu ufunze kutihugiraho, ikindi kandi bakabona n’amahirwe yo kwiga imyuga izabafasha kwibeshaho basoje ibihano basubiye mubuzima busanzwe.

Itsinda ry’abashyitsi ryinjiye mu igororero bareba uko abagororwa babaho imbere mu gipangu batungurwa n’isuku ihari kandi haba abantu benshi, babaza umuyobozi w’igororero uko bigenda ngo isuku ibe ihari abasubiza ko bijyana n’ingamba ziba zarashyizweho n’ubuyobozi bw’igororero kugira ngo himakazwe isuku ndetse n’umwuka mwiza mu igororero.

Baganiriye n’abagororwa kumibereho n’ubuzima bwa burimunsi mu igororero.
Binjiye mu Igororero imbere batungurwa n’isuku iharangwa kandi haba abantu benshi.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

20 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.