Categories: Amakuru ya RCSSlider

Itsinda ry’abashyitsi baribaturutse muri USAID ikigo cy’ Abanyamerika gitanga ubufasha butandukanye mu baturage ku isi, basuye Igororero rya Rwamagana

Mumwanya bahamaze baganiriye n’abagororwa Kuburyo bw’imiburanire n’uko bafashwa cyane kubaje badakatiye ndetse n’abifuza kujuririra ibihano baba barakatiwe n’inkiko ndetse n’abagororwa bafasha abandi, baganirizwa ibyerekeye amategeko banasobanurirwa ko bamwe mu bafungwa muribo babafasha mubijyanye n’ubutabera abandi nabo bakaba Barahuguwe nabagenzi babo bageze mu igororero, aho baganiriza bagenzi babo ibyerekeye uko wakwitwara imbere y’urukiko ndetse n’imvugo wakoresha imbere y’urukiko igihe wemera cyangwa uhakana icyaha.

Bamwe mu bagororwa batanga ubwo bufasha, bavuzeko ibyo bakora bitanga umusaruro, kuko hari ingero nyinshi zabo bafashije kandi bigatanga umusaruro ndetse ko hari bamwe mu bagororwa batanga ubuhamya bavuga ko bagiriwe inama na bagenzi babo bajya kuburana bakagabanyirizwa ibihano kandi mbere bari barahamijwe ibyaha bakanatirwa ibihano birebire, bagendeye ku nama bagiye bagirwa na bagenzi babo nta mwunganizi ubunganira bagakurikiza ibyo bamubwiye.

Banaganiriye kandi n’abagororwa bafasha bagenzi babo mubijyanye n’ubuzima muribo hakaba hari abari basanzwe bakora muri serivisi z’ubuzima mbere yuko bakora ibyaha, bakaba bavuga ko bafite itsinda rishinzwe kwita kubagize ibibazo ibyaribyo byose bijyanye n’ubuzima, kandi ko babona bitanga umusaruro, bavuga ko ibi byose bituruka kubuyobozi bwiza, bwita kubuzima bwa burimuturarwanda wese kuri serivisi z’ubuzima zirimo nko gukingirwa indwara zitandukanye, gutera imiti yica imibu itera maralia, kujyanwa kwa muganga n’izindi gahunda zose zirebana n’ubuzima.

Abagororwa kandi babwiye abashyitsi ko mu igororero, babona umwanya wo kwidagadura umuntu wese agakina umukino yifuza kuko harimo ibibuga bitandukanye, amaclub atandukanye ndetse n’amadini n’amatorero bifasha umuntu ufunze kutihugiraho, ikindi kandi bakabona n’amahirwe yo kwiga imyuga izabafasha kwibeshaho basoje ibihano basubiye mubuzima busanzwe.

Itsinda ry’abashyitsi ryinjiye mu igororero bareba uko abagororwa babaho imbere mu gipangu batungurwa n’isuku ihari kandi haba abantu benshi, babaza umuyobozi w’igororero uko bigenda ngo isuku ibe ihari abasubiza ko bijyana n’ingamba ziba zarashyizweho n’ubuyobozi bw’igororero kugira ngo himakazwe isuku ndetse n’umwuka mwiza mu igororero.

Baganiriye n’abagororwa kumibereho n’ubuzima bwa burimunsi mu igororero.
Binjiye mu Igororero imbere batungurwa n’isuku iharangwa kandi haba abantu benshi.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.