Abagize iri tsinda ‘Living Oaks’ ryihebeye ibikorwa byo kwigisha Ijambo ry’Imana no gufasha abatishoboye hirya no hino ku Isi, bakiriwe neza n’abagororwa bo muri iri Gororero rya Nyarugenge ndetse n’ubuyobozi bw’Igororero muri rusange. Basuye ibikorwa bitandukanye by’igororero bifasha kugorora abakoze ibyaha, ku buryo basoza ibihano bakatiwe n’inkinko baramaze guhinduka mu buryo bushimishije, bikabafasha kubana neza n’umuryango nyarwanda.
Nyuma yo gusobanurirwa byinshi mu bihakorerwa, aba Bavugabutumwa bahakoreye igiterane mbaturamugabo, maze abagororwa bagezwaho ubutumwa bwiza. Abagize iri tsinda bashimiye uburyo bakiriwe neza n’ubuyobozi bw’iri Gororero na RCS muri muri rusange, ndetse basaba ko hazabaho amasezerano y’ubufatanye n’imikoranire hagati yabo n’ubuyobozi bw’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora (RCS).
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
This website uses cookies.