Kuri uyu wa mbere taliki 11 Ugushyingo 2024, nibwo Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora(RCS), rwasohoye itangazo rivuga ko abari abakozi barwo bagera kuri 411, birukanywe mukazi biturutse ku makosa atandukanye yagiye abagaragaraho arimo imyitwarire mibi irimo ruswa n’ibindi. Ibyo bikaba bihabanye n’amahame y’umwuga bakoraga, akaba ariyo mpamvu birukanywe mu kazi.
Muri abo birukanywe harimo umukomiseri umwe (01), ba ofisiye bakuru 26, ba ofisiye bato 20, na ba su Ofisiye n’aba wada 364, bakoraga ku magororero atandukanye mu gihugu ndetse n’abandi bakoreraga ku cyicyaro gikuru cy’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS.
Kwirukana bamwe mu bakozi bagaragayeho imyitwarire itajyanye n’ubunyamwuga, si ubwa mbere bikozwe kuko ibi bikorwa mu rwego rwo kwimakaza imikorere myiza n’ubunyamwuga mu kazi ka burimunsi.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.