Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Itsinda riturutse mu gihugu cya Liberiya ryasuye RCS, besobanurirwa imikorere y’ikoranabuhanga rya IECMS

Itsinda ry’abantu bane baturutse mu gihugu cya Liberiya bayobohowe na Darryl Ambrose; Umuyobozi ushinzwe gukurikirana amakuru ya rubanda, igenamigambi n’iterambere muri icyo gihugu, bagiriye uruzinduko ku cyicaro gikuru cy’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, baje kwiga ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rya IECMS rikoreshwa mu nzego z’ubutabera.

Share this Post

Mu bibazo abo bashyitsi babajije, bibanze ku mikoreshereze y’iri koranabuhanga u Rwanda rwimakaje, basobanurirwa uko rikora n’uko ryoroheje akazi ko gucunga amadosiye bigakorwa mu buryo bwizewe. Babwiwe ko iri koranabuhanga risangiwe n’inzego zose zifite aho zihuriye n’ubutabera ku buryo abarikoresha babona amakuru yose bifuza ku birego byose byashyikirijwe ubutabera bidasabye ko afata umwanya wo kujya gushaka amadosiye akeneye mu zindi nzego ahubwo bakayahererekanya badakoze urugengo ngo bave aho bari.

Darryl Ambrose waje ayoboye itsinda, yashimye u Rwanda ku buryo rwimakaje iri koranabuhanga ashima ko ryihutisha akazi no kugabanya bimwe mubyagenderaga mu ngendo hagiye gushakwa amadosiye ahantu hatandukanye. Yakomeje avuga ko ubumenyi bungutse buzabafasha mu kuzamura no kuvugurura imikorere mu butabera iwabo asoza ashimira Ubuyobozi bwa RCS umwanya babahaye n’ubumenyi babasangije.

Intego y’ikoranabuhanga rya IECMS ni ugusangira amakuru ku nzego zose zifite aho zihuriye n’ubutabera, harimo Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), Polisi y’u Rwanda (RNP), Ikigo cy’Ubushinjacyaha (NPPA), inkiko n’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora (RCS).

Abashyitsi na bamwe mubakozi ba RCS, bakora ku cyicyaro baganiriye ku mikorere ya IECMS.
Darryl Ambrose, wari uhagarariye itsinda yahawe na CP John Bosco Kabanda Komiseri ushinzwe imirimo rusange.
Wari umwanya wo kungurana ibitekerezo ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga rya IECMS, imikorere yaryo.
Abashyitsi n’abakozi ba RCS, bakorera ku cyicyaro gikuru cya RCS, bafashe ifoto y’urwibutso.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form