Categories: Amakuru ya RCSSlider

Itsinda riturutse mu Gihugu cya Kenya mu rwego rw’Amagereza ryasuye RCS baganira ku  bufatanye  n’imikoranire hagati y’impande zombi

Uru ruzinduko rw’umunsi umwe rw’abashyitsi baturutse mu gihugu cya Kenya mu rwego rw’Amagereza rugamije gukomeza ibijyanye n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi mu nzego zishinzwe kugorora, rugamije guteza imbere urwego rw’imikoranire hagati y’izo nzego no guteza imbere urwego rwo kugorora abakoze ibyaha, bategurwa gusubira mu buzima busanzwe, mu byibanzweho harimo kwigiranaho mubyo buri Gihugu cyagezeho nkaho mu Rwanda bateye imbere mu gukoresha biogaz n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mugucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe (IECMS).

 CGP Juvenal Marizamunda Komiseri Mukuru wa RCS, yashimiye mugenzi we wa kenya Brigadier (Rtd)John Kabaso Warioba n’itsinda barikumwe ku ruzinduko bahisemo gukorera mu Rwanda rugamije gukomeza imikoranire.

Yagize ati” Mu izina rya RCS, ndashimira itsinda riturutse mu gihugu cya Kenya mu rwego rw’Amagereza, ku ruzinduko mwahisemo kugirira iwacu ni ibintu bishimishije cyane, kuza kwanyu ni ikimenyetso cy’imikoranire myiza, hashize igihe dukorana hagati y’inzego zacu, urwego rw’amagereza muri Kenya dusanzwe dufitanye imikoranire myiza kandi turizera ko bizakomeza kumera gutyo kandi ndizera ko n’ibiganiro tuza kugirana biraza kuba ibiganiro by’ingirakamaro ku mpande zombi.”

Brigadier (Rtd)John Kabaso Warioba, Komiseri Mukuru w’Amagereza muri Kenya, yashimiye Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, avuga ko uruzinduko bagiriye mu Rwanda ari urujyanye n’imikoranire hagati y’inzego zombi kandi ko biteze ko ruzatanga umusaruro.

Yagize ati” Uruzinduko twagiriye mu Rwanda ni uruzinduko rw’ingirakamaro kuritwe kuko rugamije imikoranire hagati y’inzego zacu, muri iyo mikoranire dufite ibyo twigiranaho, urugero nko mu Rwanda mu rwego rwo kugorora mwateye imbere mu kurengera ibidukikije mukoresha ingufu za biogaz mu kurengera ibidukikije hadakoreshwa ikwi ni ibintu byiza, ikindi mugeze ku rwego rwiza mu gukoresha ikoranabuhanga mu gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe, ibyo mwateyeho imbere natwe turifuza ko mwabidusangiza kandi turizera ko iyi mikoranire yo gusangira ubumenyi izakomeza gukura mu rwego rwo guteza imbere urwego rwo kugorora, hagamijwe kwita ku bari mu Magororero bagonganye n’amategeko bategurwa gusubira mu buzima busanzwe, ibi bizatanga umusaruro kandi umusaruro ku mpande zombi kandi turabyizeye.”

Iyi mikoranire hagati y’inzego haba Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora n’Urwego rushinzwe Amagereza muri Kenya, harimo gusangira amwe mu masomo atandukanye, guhanahana abanyeshuri mu rwego rwo gusangira ubumenyi hagamejwe kugendana n’uburyo bushya bugezweho mu kugorora abakoze ibyaha bategurwa gusubira mu buzima busanzwe bijyanye no kurengera uburenganzira bwa muntu. Nyuma y’ibiganiro iri tsinda ryasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruri mu Mujyi wa Kigali ku Gisozi basobanurirwa amateka y’u Rwanda n’uburyo amacakubiri yazanywe n’abakoroni byakomeje gukura bikageza kuri Jenoside yahitanye abasaga miliyoni y’Abanyarwanda.

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, CGP Juvenal Marizamunda ari kumwe na Komiseri Mukuru w’Amagereza muri Kenya Brigadier (Rtd)John Kabaso Warioba, bakurikirana ibiganiro.
inzego zitandukanye muri RCS zitabiriye ibiganiro byari bigamije imikoranire myiza hagati y’Ibihugu bibiri mu rwego rwo kugorora.
Nyuma y’ibiganiro habayeho gufata ifoto y’urwibutso hagati y’inzego zombi.
Aha bari ku rwibutso rwa Kigali ku Gisozi bashyira indabo kumva ziruhukiyemo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Komiseri Mukuru w’Amagereza muri Kenya Brigadier (Rtd)John Kabaso Warioba ubwo yari amaze gushyira indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri yabazize Jenoside.

Batemberejwe ibice bitandukanye mu nzu y’amateka iruhukiyemo imibiri yabazize Jenoside basobanurirwa amateka y’u Rwanda rwo hambere nuko Jenoside yateguwe.
Banyuze mu byumba bitandukanye birimo ibikoresho bitandukanye byakoreshejwe hakorwa Jenoside, amafoto y’abantu batandukanye bishwe ndetse n’imwe mu myenda bishwe bambaye berekwa na bimwe mu bice by’imibiri yabishwe iruhukiye muri urwo Rwibutso.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.