Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Abagororwa 76 bazira icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bahujwe n’abayirokotse babasaba imbabazi

Abagororwa 76 bo mu Igororero rya Rusizi, bakoze Icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa 14 Gashyantare 2025, muri sale y’akarere ka Rusizi, bahujwe n’abayirokotse babasaba imbabazi, mu gikorwa cyagizwemo uruhare n’Itorero Angilikani mu Rwanda.

Share this Post

Igikorwa cyo gusaba imbabazi no kuzitanga ku bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayirokotse mu mwaka wa 1994, biri muri gahunda ya Leta y’ubumwe n’ubwiyunge n’ubudaheranwa mu banyarwanda, hagamijwe, mu rwego rwo kunga abenegihugu no kwirinda aho amacakubiri ayariyo yose yamenera, muburyo bwo kwishakamo ibisubizo byo kurenga ibibi banyuzemo,  bayubakira igihugu kizira amacakubiri.

N’igikorwa cyitabiriwe n’umushumba w’Itorero Angilikani Diyosezi ya Cyangugu, Nyiricyubahiro Musenyeri Muhutu Nathan, Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rusizi Bwana Habimana Alfred, inzego z’Umutekano, uhagarariye IBUKA mu Karere ka Rusizi, Abashumba batandukanye bo mu Itorero Angilikani Diyosezi ya Cyangugu na bamwe mu bakomoka mu miryango y’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari baje gukurikirana igikorwa cyo gusaba imbabazi.

Abagororwa basabye imbabazi, bahawe impanuro zitandukanye, babasaba kwigisha bagenzi babo babana binangiye nabo bataratera intambwe, bagasaba imbabazi kuko biruhura uzisabye akabohoka umutwaro yari yikoreye akawutura.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form