Categories: Amakuru ya RCS

Itegeko rishya rigenga RCS ryaherukaga gutorwa n’inteko y’abadepite muri kamena 2022 ryasohote.

igatora itegeko rishya rigenga Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) aho yemeje ko ruzitwa Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora mu itegeko rishya.

 Nkuko abantu bari bamenyere ko RCS, ari Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, ubu itegeko rishya ryashotse ikigo cyahinduriwe izina ubu ni Urwego rw’ uRwanda Rushinzwe Igorora, muri iri tegeko rishya ryasohotse mu Igazeti ya Leta yo kuwa 21 Kamena 2022, iriryo Itegeko no 021/2022 ryo ku wa 29/09/2022 rigenga Urwego rw’ uRwanda rushinzwe Igorora, rikaba ari itegeko rigena ahanini intego, inshingano n’ububasha, inzego z’ubuyobozi, imiterere, imitunganyirize  n’imikorere bya RCS, harimo kandi Itegeko no 022/2022 ryo ku wa 29/09/2022 rigenga serivisi z’igorora. rikaba ari itegeko rigena ahanini ishyirwaho n’imicungire by’igororero, serivisi z’igorora, imicungire y’umuntu ufunzwe, uburenganzira bwe n’ibindi.

Iri tegeko ryasohotse  rizibanda kuri gahunda zo kwita ku muntu ufunzwe wahamijwe icyaha agahabwa igihano cy’igifungo cyangwa se umuntu ufunzwe byagateganyo atarahamwa n’icyaha ngo inkiko zimukatire, mu buryo bugezweho nuko umuntu uri mu Igororero yajya yigishwa, agahabwa impamba y’ubumenyi mu rwego rwo kumugorora, ategurwa gusubira mu buzima busanzwe ubwo bumenyi yahawe bukazamufasha kwibeshaho ndetse no gufasha abo azaba asanze no kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu Nyuma yo gusoza ibihano, agakoresha ibyo yigiye mu igororero igihe yari afunzwe akora igihano cy’icyaha yakoze, ibi bikazananamufasha kwirinda insubiracyaha kuko azaba afite icyo akora bitandukanye na mbere aho wasangaga umuntu ufungurwa ariko nyuma y’igihe gito akaba agarutse gufungwa kubera kubura icyo akora.

Gusa muri rusange nubwo izina ryahindutse ntabwo mu rurimi rw’icyongereza ryigeze rihinduka, hahindutse iry’ikinyarwanda gusa kuko RCS bivuga (Rwanda Correctional service) bitari bihuye nuko byitwaga ubihinduye mu Kinyarwanda ariko icyo izina risobanuye ubu birahura, ibi bikaba bijyanye n’icyerekezo cya RCS, cyo guha umuntu uri mu igororero ubumenyi buzamufasha guhangana n’ubuzima bwo hanze kuko wasangaga benshi bongera kwisanga mubyaha kubera kubura icyo bakora basoje ibihano.

Muri iri tegeko icyari gereza cyahinduriwe izina izajya yitwa Igororero ndetse amazina y’imfungwa n’abagororwa byavuyeho umuntu wese uri mu Igororero azajya yitwa umuntu ufunzwe yaba yarakatiwe cyangwa atarakatirwa ategereje imyanzuro y’inkiko nuko azaba yitwa. ukeneye amakuru arambuye ajyanye n’iri tegeko yasoma Igazeti ya leta yasohotse kuwa 21 ukwakira 2022 akabashya gusobanukirwa bihagije n’ibindi bikubiyemo. Kanda Hano

DK

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

20 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.