Categories: Amakuru ya RCSSlider

Inzego z’ibanze z’umurenge wa Gahanga zasuye abari mu Igororero rya Nyarugenge murwego rwo kwitegura umunsi w’amahoro

Intego y’ urwo ruzinduko rwabo rugamije kuganiriza abantu bafunzwe bari mu Igororero rya Nyarugenge mu rwego rwo kwitegura umunsi mpuzamahanga w’amahoro uzizihizwa tariki 26/06/2023, aho abari muri iryo gororero bahawe ikiganiro kigaruka ku kwimika amahoro no kubana kivandimwe ku bantu bafunzwe ndetse no kugira umuco wo kwemera icyaha no gusaba imbabazi  kubahemukiye bakabasha kubana neza kuko sosiyete nyarwanda ikeneye abantu babanye mu mahoro, icyo kiganiro kikaba cyatanzwe n’umunyamabanganshingabikorwa w’umurenge wa Gahanga Rutebuka Emmanuel, aza kunganirwa n’umukuru w’inama njyanama y’uwo murenge ndetse umwe mubasoje ibihano wahoze afunze ndetse na bamwe mu bagororwa bafunzwe bakomoka muri uwo murenge baboneraho kubaza ibibazo mbonezamubano.

Umuyobozi w’umunyamabanganshingabikorwa w’umurenge wa Gahanga Rutebuka Emmanuel, mu rwego rwo kwimakaza amahoro abantu bose bakwiye kugira umuco wo kubabarira.

Yagize ati” mubyukuri kugirango amahoro akameze asagambe muri sosiyete Nyarwanda buriwese yakabaye yiyumvamo umuco wo gusaba imbabazi no kubabarira, kuko iyo wakoze icyaha ugasaba imbabazi urabohoka, ndatse kandi niyo watanze imbabazi nabwo urabohoka, ndashishikariza buriwese urihano ibyo bintu kubigira ibyo kuko aribyo bizatuma amahoro arushaho gusagamba.

Muri mucyo Nyarwanda kubabarira ni ibintu bimenyerewe ku muntu wakoshereje mugenzi we, byaba ngombwa akica icyiru murwego rwo kurushaho guharanira amahoro mu miryango aho abantu batandukanye baba batuye.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.