Ni igikorwa cyabaye kugicyamunsi cyo kuwa 06 Nzeri 2023, aho uwo muhango witabiriwe n’abayobozi b’umurenge wa Muhazi, abayobozi b’Igororero rya Rwamagana ndetse hanabanza kubaho umukino wahuje ikipe y’abakozi b’Igororero n’aya Muhazi, amakipe aza gusoza umukino bose banganya ibitego bibiri kuri bibiri, hakurikiraho umwanya wo gutera penariti umukino usozwa ikipe ya y’umurenge wa Muhazi itsinze iy’igororero penaliti 5 kuri 4, hakurikiraho guhemba amakipe yakinnye buri kipe ahabwa Umupira wogukina.
Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Alain Gilbert Mbarushimana, mu ijambo rye yavuze ko ibikorwa byo gufasha bizakomeza murwego rwo guharanira iterambere ry’umurenge Igororero riherereyemo.
Yagize ati” ndagira ngo mbamenyeshe ko tutazahwema gutanga ubufasha bwacu nk’igororero aho bishoboka, tugomba kugira uruhare mu iterambere ry’abaturage b’umurenge wa Muhazi Igororero riherereyemo.”
Hari gahunda zitandukanye zijyanye n’iterambere ry’abaturage zigirwamo uruhare n’amagororero aherereye muri ako gace, zirimo kuboroza, kubakira abatishoboye, umuganda rusange n’izindi nyinshi.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.