Categories: Amakuru ya RCSSlider

Hatangijwe Inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa ku bagororwa 114 bo mu Igororero rya Nyamasheke bazira ibyaha bya Jenoside

Ni igikorwa cyitabiriwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CG Evariste Murenzi, umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Naricisse, inzego z’umutekano, n’abahagariye umuryango utegamiye kuri Leta Prison Fellowship usanzwe ugira uruhare mu gutanga inyigisho zijyanye n’isanamitima, aho izo nyigisho zahawe abagera kuri 114 mu Igororero rya Nyamasheke babura amezi atatu ngo basoze ibihano byabo basubire mu muryango Nyarwanda.

Mu ijambo ry’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubumwe bw’abanyarwanda, Eric Mahoro yasabye abagiye gukurikirana inyigisho z’ubudaheranwa ko zazababera impamba ntibongere kugwa mubyaha.

Yagize ati” Hari abasoje ibihano bagiye bagaragaraho ingengabitekerezo bakisanga mu nsubiracyaha bakisanga bagarutse mu Igororero, ndabasaba gukurikirana izi nyigisho zibategura kuba abanyarwanda beza bazira amacakubiri n’ivangura iryariryo ryose, zikazababera impamba yo kubana n’abo musanze mumuryangonyarwanda, muzabe intangarugero mu guharanira ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.”

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, CG Evariste Murenzi yasabye aba bagororwa bitegura gutaha kwitegura gusaba imbabazi abo bahemukiye, abizeza ko imiryango yabo n’iyo bahemukiye yiteguye kubakira.

Yagize ati” Mugiye gusoza ibihano mutahe, muzasabe imbabazi imiryango mwahemukiye kuko nabo biteguye kubaha imbabazi kandi mu byo mukora byose muzaharanirire ubumwe n’ubudaheranwa nk’uko inyigisho mugiye gukurikirana aricyo zigamije.”

Hategekimana Innocent wakatiwe imyaka 19 azira icyaha cya Jenoside, yavuze ko ashimishijwe n’izi nyigisho agiye gukurikirana kuko zizamufasha.

Yagize ati” Twumvise ko hari abasoza ibihano bakongera gusubira mubyaha bisa nibyo bari babahaniwe, ni ukuri biratubabaza kuko aritwe twakabaye tuba intangarugero mu kwirinda amacakubiri, iyo ukoze icyaha wakabaye ari wowe ufata iya mbere mu gusaba imbabazi kandi hari ababa biteguye kuzitanga, numva kongera gukora icyaha ari ubugwari.”

Inyigisho zijyanye na gahunda ya Ndi Umunyarwanda zitangwa mu magororero yose ari mu gihugu, kugira ngo abakiri bato n’abakuru babashe gusobanukirwa ububi bw’amacakubiri hirindwa ivangura iryariryo ryose ryatuma abanyarwanda bongera kwisanga mu mage.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda, Eric Mahoro niwe watangije inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa ku Igororero rya Nyamasheke.
CG Evariste Murenzi, Komiseri mukuru w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, nawe yitabiriye igikorwa cyo gutangiza inyigisho z’ubudaheranwa cyateguwe na MINUBUMWE.
Abagororwa 114 baturutse mu magororero atandukanye bari mu Igororero rya Nyamasheke nibo batangiranye inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.
Ni igikorwa cyitabiriwe n’inzego zitandukanye harimo n’iz’umutekano zikorera mu karere ka Nyamasheke.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.