Categories: Amakuru ya RCSSlider

Hatangijwe Inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa ku bagororwa 114 bo mu Igororero rya Nyamasheke bazira ibyaha bya Jenoside

Ni igikorwa cyitabiriwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CG Evariste Murenzi, umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Naricisse, inzego z’umutekano, n’abahagariye umuryango utegamiye kuri Leta Prison Fellowship usanzwe ugira uruhare mu gutanga inyigisho zijyanye n’isanamitima, aho izo nyigisho zahawe abagera kuri 114 mu Igororero rya Nyamasheke babura amezi atatu ngo basoze ibihano byabo basubire mu muryango Nyarwanda.

Mu ijambo ry’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubumwe bw’abanyarwanda, Eric Mahoro yasabye abagiye gukurikirana inyigisho z’ubudaheranwa ko zazababera impamba ntibongere kugwa mubyaha.

Yagize ati” Hari abasoje ibihano bagiye bagaragaraho ingengabitekerezo bakisanga mu nsubiracyaha bakisanga bagarutse mu Igororero, ndabasaba gukurikirana izi nyigisho zibategura kuba abanyarwanda beza bazira amacakubiri n’ivangura iryariryo ryose, zikazababera impamba yo kubana n’abo musanze mumuryangonyarwanda, muzabe intangarugero mu guharanira ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.”

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, CG Evariste Murenzi yasabye aba bagororwa bitegura gutaha kwitegura gusaba imbabazi abo bahemukiye, abizeza ko imiryango yabo n’iyo bahemukiye yiteguye kubakira.

Yagize ati” Mugiye gusoza ibihano mutahe, muzasabe imbabazi imiryango mwahemukiye kuko nabo biteguye kubaha imbabazi kandi mu byo mukora byose muzaharanirire ubumwe n’ubudaheranwa nk’uko inyigisho mugiye gukurikirana aricyo zigamije.”

Hategekimana Innocent wakatiwe imyaka 19 azira icyaha cya Jenoside, yavuze ko ashimishijwe n’izi nyigisho agiye gukurikirana kuko zizamufasha.

Yagize ati” Twumvise ko hari abasoza ibihano bakongera gusubira mubyaha bisa nibyo bari babahaniwe, ni ukuri biratubabaza kuko aritwe twakabaye tuba intangarugero mu kwirinda amacakubiri, iyo ukoze icyaha wakabaye ari wowe ufata iya mbere mu gusaba imbabazi kandi hari ababa biteguye kuzitanga, numva kongera gukora icyaha ari ubugwari.”

Inyigisho zijyanye na gahunda ya Ndi Umunyarwanda zitangwa mu magororero yose ari mu gihugu, kugira ngo abakiri bato n’abakuru babashe gusobanukirwa ububi bw’amacakubiri hirindwa ivangura iryariryo ryose ryatuma abanyarwanda bongera kwisanga mu mage.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda, Eric Mahoro niwe watangije inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa ku Igororero rya Nyamasheke.
CG Evariste Murenzi, Komiseri mukuru w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, nawe yitabiriye igikorwa cyo gutangiza inyigisho z’ubudaheranwa cyateguwe na MINUBUMWE.
Abagororwa 114 baturutse mu magororero atandukanye bari mu Igororero rya Nyamasheke nibo batangiranye inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.
Ni igikorwa cyitabiriwe n’inzego zitandukanye harimo n’iz’umutekano zikorera mu karere ka Nyamasheke.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

20 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.