Yagize ati” Twumvise ko hari abasoza ibihano bakongera gusubira mubyaha bisa nibyo bari babahaniwe, ni ukuri biratubabaza kuko aritwe twakabaye tuba intangarugero mu kwirinda amacakubiri, iyo ukoze icyaha wakabaye ari wowe ufata iya mbere mu gusaba imbabazi kandi hari ababa biteguye kuzitanga, numva kongera gukora icyaha ari ubugwari.”
Inyigisho zijyanye na gahunda ya Ndi Umunyarwanda zitangwa mu magororero yose ari mu gihugu, kugira ngo abakiri bato n’abakuru babashe gusobanukirwa ububi bw’amacakubiri hirindwa ivangura iryariryo ryose ryatuma abanyarwanda bongera kwisanga mu mage.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubumwe bw’Abanyarwanda, Eric Mahoro niwe watangije inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa ku Igororero rya Nyamasheke.CG Evariste Murenzi, Komiseri mukuru w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, nawe yitabiriye igikorwa cyo gutangiza inyigisho z’ubudaheranwa cyateguwe na MINUBUMWE. Abagororwa 114 baturutse mu magororero atandukanye bari mu Igororero rya Nyamasheke nibo batangiranye inyigisho z’ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.Ni igikorwa cyitabiriwe n’inzego zitandukanye harimo n’iz’umutekano zikorera mu karere ka Nyamasheke.