Categories: Amakuru ya RCSSlider

Guhabwa imbabazi na Perezida Kagame umusingi ukomeye mu kugorora abana biga bari muri gereza

Izo mbabazi bahabwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, zabaye umusingi ukomeye mu kugorora kuko zituma abana biga bashyizeho umwete bagatsinda neza ibizamini bya leta, kuva abo bana batangira gukora ibizamini bya leta abatsinze bagahabwa imbabazi, nta mwana numwe uratsindwa cyangwa ngo aze mu cyiciro cya Gatatu bose batsindira mu byiciro bibiri bibanza ntawe uraza mu byiciro bitari ibyo uko ari bibiri.

Iyo umwana aje gufungwa bitewe n’igihe yakatiwe azamara muri gereza hari amasomo atandukanye agomba guhabwa muri icyo gihe azahamara, harimo kwiga imyuga n’ubumenyingiro, hakazamo kwiga mu mashuri asanzwe ariyo icyiciro rusange ndetse n’amashuri abanza guhera mu mwaka wa Gatatu w’amashuri abanza kugeza mu mwaka wa gatandatu, abakoze ibizamini bagatsinda bagakomeza mu yisumbuye mu cyiciro rusange naho batsinda bagakomereza mu yisumbuye ku mbabazi za Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuko amashuri ahari agarukira ku cyiciro rusange.

Uretse gereza y’abana ya Nyagatare hari n’izindi gereza zirimo abana babana n’ababyeyi babo muri gereza ku mpamvu zitandukanye, nkaho umubyeyi akora icyaha atwite akazabyarira muri gereza ndetse n’undi ushobora gukora icyaha afite umwana ukiri muto agafunganwa n’umwana we, kuko umwana aba afite uburenganzira bwo kwitabwaho kugeza agejeje igihe cyo gutandukanwa n’umubyeyi nkuko amategeko abiteganya, abo nabo bafite amarerero bigishirizwamo mu rwego rwo gukuza intekerezo zabo. Impamvu hari gereza y’abana n’uko umwana utarageza imyaka y’ubukure cumi n’umunani leta iteganya, iyo akoze icyaha aba atagomba gufungwa ahubwo agomba kugororwa kuko ibyo aba yakoze akenshi aba atabigambiriye

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

3 days ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

4 days ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

2 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

2 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

4 weeks ago

This website uses cookies.