Izo mbabazi bahabwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, zabaye umusingi ukomeye mu kugorora kuko zituma abana biga bashyizeho umwete bagatsinda neza ibizamini bya leta, kuva abo bana batangira gukora ibizamini bya leta abatsinze bagahabwa imbabazi, nta mwana numwe uratsindwa cyangwa ngo aze mu cyiciro cya Gatatu bose batsindira mu byiciro bibiri bibanza ntawe uraza mu byiciro bitari ibyo uko ari bibiri.
Iyo umwana aje gufungwa bitewe n’igihe yakatiwe azamara muri gereza hari amasomo atandukanye agomba guhabwa muri icyo gihe azahamara, harimo kwiga imyuga n’ubumenyingiro, hakazamo kwiga mu mashuri asanzwe ariyo icyiciro rusange ndetse n’amashuri abanza guhera mu mwaka wa Gatatu w’amashuri abanza kugeza mu mwaka wa gatandatu, abakoze ibizamini bagatsinda bagakomeza mu yisumbuye mu cyiciro rusange naho batsinda bagakomereza mu yisumbuye ku mbabazi za Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuko amashuri ahari agarukira ku cyiciro rusange.
Uretse gereza y’abana ya Nyagatare hari n’izindi gereza zirimo abana babana n’ababyeyi babo muri gereza ku mpamvu zitandukanye, nkaho umubyeyi akora icyaha atwite akazabyarira muri gereza ndetse n’undi ushobora gukora icyaha afite umwana ukiri muto agafunganwa n’umwana we, kuko umwana aba afite uburenganzira bwo kwitabwaho kugeza agejeje igihe cyo gutandukanwa n’umubyeyi nkuko amategeko abiteganya, abo nabo bafite amarerero bigishirizwamo mu rwego rwo gukuza intekerezo zabo. Impamvu hari gereza y’abana n’uko umwana utarageza imyaka y’ubukure cumi n’umunani leta iteganya, iyo akoze icyaha aba atagomba gufungwa ahubwo agomba kugororwa kuko ibyo aba yakoze akenshi aba atabigambiriye
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.