Ni igiterane bahaye insanganyamatsiko yo ‘kubabarira no kwihana ibyaha.’ Cyabaye igiterane cy’ingirakamaro ku bagororwa n’abantu bafunze mu Igororero rya Gicumbi, aho abagera kuri 223 bamaze kumva ubutumwa bwiza bagafata umwanzuro wo kwihana ako kanya. Uretse abihannye bamaze gufashwa n’inyigisho z’ijambo ry’Imana, hari n’abandi bagera kuri 52 bahise babatizwa muri iri Torero.
Abakirisito b’iri Torero bamaze kwigisha, bafashe umwanya wo gushyikiriza abagororwa imfashanyo babageneye zirimo: matela 460, amapantalo 56, imipira y’amaboko magufi 74, amakositime 20, imipira y’imbeho 20, inkweto imiguro 14, ibiringiti 2, bodaboda 153, Bibiliya nini 125, Bibiliya ntoya 4,125, n’isabune zo gufura amakarito 11, byose bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 24,351,600.
Iri vugabutumwa ryari ryitabiriwe n’abandi bayobozi batandukanye barimo Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza, ndetse n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyankenke.
Abakirisito b’Itorero ADEPR bigishije ijambo ry’Imana mu Igororero rya Gicumbi.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
This website uses cookies.