Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ku magororero atandukanye ya RCS, hagiye haboneka umwihariko w’ibikorwa nyongeramusaruro bijyanye n’aho Igororero riherereye n’umwihariko w’ibingwa bikunda kwera cyane muri ako gace Igororero riherereyemo. Aha niho usanga igororero runaka rifite umwihariko w’ubuhinzi bw’igihingwa runaka cyangwa ubworozi runaka bijyanye n’imiterere n’umwihariko w’ahubatse igororerero.

Abagororwa bakora mu bikorwa nyongeramusaruro ku Igororero rya Huye bavuga ko ibi bikorwa bibasha mu mibereho myiza yabo ya buri munsi by’umwihariko abafite intege nke, abakuze ndetse n’abarwayi kuko bahabwa amata bikanabarinda imirire mibi.

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite umwihariko wo kugira ibikorwa nyongeramusaruro byinshi aho mu bihakorerwa harimo ubworozi bw’amatungo atandukanye nk’inka,ingurube, inkwavu, inkoko z’ubwoko butandukanye ndetse n’amafi. Hakorerwa kandi ubuhinzi bw’urutoki,umuceri n’ibindi, ubugeni n’ubukorikori ndetse n’ububumbyi bw’amatafari ndetse n’amategura.

Karangwa Gerard umwe mu bagororwa  bita ku nka zo ku Igororero rya Huye avuga umukamo izi nka zitanga ubafasha mu mibereho myiza yabo ndetse bigafasha by’umwihariko abagororwa bagenzi be b’abanyategenke, abasaza ndetse n’abarwayi.

Agira ati: “Izi nka turagira zifatiye runini, turakama tukanywa amata, abarwayi n’abasaza nabo bakabona ayo kunywa.” Yongeyeho ati: “Iyo turi muri iyi mirimo, bidufasha kutitekerezaho kandi burya tuba tunakora siporo bikaturinda gufatwa n’indwara zitandukanye.”

Assistant Inspector Theonetse Mutuyumuremyi uyobora ibikorwa nyongeramusaruro ku Igororero rya Huye avuga ko ibi bikorwa uretse kuba bifasha abagororwa mu mibereho myiza yabo ya buri munsi, binafasha ku nganira ifunguro ry’umukozi w’ifunguro ry’abakozi kuri iri Gororero.

Umuyobozi Wungirije w’Igororero rya Huye SSUPT Isaie Nzeyimana avuga ko ubworozi bw’inka kuri iri Gororero uretse kuba bufasha kuzamura imibereho y’abagororwa b’abanyantege nke, ahubwo amase n’amaganga  byazo byifashishwa mu gutunganya igicanwa cya Biogaz bituma igororero rikoresha hejuru ya 1/3 cy’inkwi rikoresha mu gutegura amafunguro yabo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

4 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

2 weeks ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

2 weeks ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 month ago

This website uses cookies.