Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ku magororero atandukanye ya RCS, hagiye haboneka umwihariko w’ibikorwa nyongeramusaruro bijyanye n’aho Igororero riherereye n’umwihariko w’ibingwa bikunda kwera cyane muri ako gace Igororero riherereyemo. Aha niho usanga igororero runaka rifite umwihariko w’ubuhinzi bw’igihingwa runaka cyangwa ubworozi runaka bijyanye n’imiterere n’umwihariko w’ahubatse igororerero.

Abagororwa bakora mu bikorwa nyongeramusaruro ku Igororero rya Huye bavuga ko ibi bikorwa bibasha mu mibereho myiza yabo ya buri munsi by’umwihariko abafite intege nke, abakuze ndetse n’abarwayi kuko bahabwa amata bikanabarinda imirire mibi.

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite umwihariko wo kugira ibikorwa nyongeramusaruro byinshi aho mu bihakorerwa harimo ubworozi bw’amatungo atandukanye nk’inka,ingurube, inkwavu, inkoko z’ubwoko butandukanye ndetse n’amafi. Hakorerwa kandi ubuhinzi bw’urutoki,umuceri n’ibindi, ubugeni n’ubukorikori ndetse n’ububumbyi bw’amatafari ndetse n’amategura.

Karangwa Gerard umwe mu bagororwa  bita ku nka zo ku Igororero rya Huye avuga umukamo izi nka zitanga ubafasha mu mibereho myiza yabo ndetse bigafasha by’umwihariko abagororwa bagenzi be b’abanyategenke, abasaza ndetse n’abarwayi.

Agira ati: “Izi nka turagira zifatiye runini, turakama tukanywa amata, abarwayi n’abasaza nabo bakabona ayo kunywa.” Yongeyeho ati: “Iyo turi muri iyi mirimo, bidufasha kutitekerezaho kandi burya tuba tunakora siporo bikaturinda gufatwa n’indwara zitandukanye.”

Assistant Inspector Theonetse Mutuyumuremyi uyobora ibikorwa nyongeramusaruro ku Igororero rya Huye avuga ko ibi bikorwa uretse kuba bifasha abagororwa mu mibereho myiza yabo ya buri munsi, binafasha ku nganira ifunguro ry’umukozi w’ifunguro ry’abakozi kuri iri Gororero.

Umuyobozi Wungirije w’Igororero rya Huye SSUPT Isaie Nzeyimana avuga ko ubworozi bw’inka kuri iri Gororero uretse kuba bufasha kuzamura imibereho y’abagororwa b’abanyantege nke, ahubwo amase n’amaganga  byazo byifashishwa mu gutunganya igicanwa cya Biogaz bituma igororero rikoresha hejuru ya 1/3 cy’inkwi rikoresha mu gutegura amafunguro yabo.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

2 days ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

2 weeks ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

3 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 month ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

This website uses cookies.