Categories: Amakuru ya RCS

GEREZA YA HUYE: Abagororwa barishimira ubumenyi bakura mu amashuli y’imyuga n’ubumenyingiro

Kuwa 06 Gicurasi 2021

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, RCS ruri gukora ibishoboka byose ngo umugororwa agire ubumenyi yunguka kugira ngo bizamufashe kwirinda kongera kwishora mu byaha kandi binamufashe kwihangira umurimo cyangwa guhangana ku isoko ry’umurimo igihe azaba asubiye mu muryango Nyarwanda.

Kuri ubu, RCS ifite gereza eshanu zigishirizwaho imyuga n’ubumenyingiro ari zo Huye, Nyanza, Rwamagana, Nyarugenge na Rubavu, gusa intego ikaba ari uko bizagera kuri gereza zose mu gihugu.

Kuri Gereza ya Huye, abagororwa biga umwuga wo kubaza kandi ni na wo wonyine uboneka kuri iyo TVET center.

Umugororwa wo kuri Gereza ya Huye witwa BIMENYIMANA Emmanuel, avuga ko akimara kuzanwa kugororerwa kuri Gereza ya Huye byamugoye kubyakira, gusa nyuma abona ko hari gahunda nziza yo kwiga imyuga.

Yagize ati “muri Gereza habamo gahunda yo kugorora binyuze mu burezi kandi turayishima cyane nk’abagororwa kuko itwongerera icyizere ko ejo hazaza hazaba heza. Ubu ndishimye kuba ndi umwe mu bagize amahirwe yo gukurikirana amasomo yo kubaza. Mfite gahunda yo kuzakoresha ubumenyi nzavana hano mu kwiteza imbere hamwe n’umuryango wange ndetse n’igihugu muri rusange.”

BIMENYIMANA kandi yashimiye Leta y’u Rwanda na RCS by’umwihariko, yashyizeho iyi gahunda yo kugorora binyuze mu burezi, kuko bifasha abagororwa kuzagira ejo heza igihe bazaba bari gukoresha ubumenyi bahawe nibasoza igihano.

Ushinzwe uburezi no kugorora kuri Gereza ya Huye, SP Fabrice NDAYAMBAJE, yavuze ko amasomo atangwa ku bagororwa aba afite ireme kuko bigishwa n’abarimu bashoboye kandi bakaba bazahabwa impamyabushobozi za WDA.

Abagororwa mirongo itanu (50) ni bo bari gukurikirana amasomo, 25 bakaba biga mbere ya saa sita, abandi 25 bakiga nyuma ya saa sita. Aya masomo azamara amezi atandatu, hakurikireho ikindi kiciro na cyo kiziga amezi atandatu.

rcspet

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.