Categories: Amakuru ya RCS

GEREZA YA HUYE: Abagororwa barishimira ubumenyi bakura mu amashuli y’imyuga n’ubumenyingiro

Kuwa 06 Gicurasi 2021

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, RCS ruri gukora ibishoboka byose ngo umugororwa agire ubumenyi yunguka kugira ngo bizamufashe kwirinda kongera kwishora mu byaha kandi binamufashe kwihangira umurimo cyangwa guhangana ku isoko ry’umurimo igihe azaba asubiye mu muryango Nyarwanda.

Kuri ubu, RCS ifite gereza eshanu zigishirizwaho imyuga n’ubumenyingiro ari zo Huye, Nyanza, Rwamagana, Nyarugenge na Rubavu, gusa intego ikaba ari uko bizagera kuri gereza zose mu gihugu.

Kuri Gereza ya Huye, abagororwa biga umwuga wo kubaza kandi ni na wo wonyine uboneka kuri iyo TVET center.

Umugororwa wo kuri Gereza ya Huye witwa BIMENYIMANA Emmanuel, avuga ko akimara kuzanwa kugororerwa kuri Gereza ya Huye byamugoye kubyakira, gusa nyuma abona ko hari gahunda nziza yo kwiga imyuga.

Yagize ati “muri Gereza habamo gahunda yo kugorora binyuze mu burezi kandi turayishima cyane nk’abagororwa kuko itwongerera icyizere ko ejo hazaza hazaba heza. Ubu ndishimye kuba ndi umwe mu bagize amahirwe yo gukurikirana amasomo yo kubaza. Mfite gahunda yo kuzakoresha ubumenyi nzavana hano mu kwiteza imbere hamwe n’umuryango wange ndetse n’igihugu muri rusange.”

BIMENYIMANA kandi yashimiye Leta y’u Rwanda na RCS by’umwihariko, yashyizeho iyi gahunda yo kugorora binyuze mu burezi, kuko bifasha abagororwa kuzagira ejo heza igihe bazaba bari gukoresha ubumenyi bahawe nibasoza igihano.

Ushinzwe uburezi no kugorora kuri Gereza ya Huye, SP Fabrice NDAYAMBAJE, yavuze ko amasomo atangwa ku bagororwa aba afite ireme kuko bigishwa n’abarimu bashoboye kandi bakaba bazahabwa impamyabushobozi za WDA.

Abagororwa mirongo itanu (50) ni bo bari gukurikirana amasomo, 25 bakaba biga mbere ya saa sita, abandi 25 bakiga nyuma ya saa sita. Aya masomo azamara amezi atandatu, hakurikireho ikindi kiciro na cyo kiziga amezi atandatu.

rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.