Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Dr Vicent Biruta yasuye Igororero rya Nyarugenge, yerekwa imwe mumishinga itandukanye irimo amashuri ya TVET abagororwa bigiramo

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr Vincent Biruta, uyumunsi taliki ya 05 kanama 2024, yagiriye uruzinduko rw’akazi ku Igororero rya Nyarugenge, asura ibikorwa n’imishinga bitandukanye bihakorwa, ashima uburyo abagororwa bigishwa imyuga bategurwa gusubira mu buzima busanzwe.

Share this Post

Muri uru ruzinduko rwa Minisitiri w’umutekano yagiriye ku Igororero rya Nyarugenge, yari arikumwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CG Evariste Murenzi, n’abakozi batandukanye b’iryo gororero, aho yabaganirije akanabashimira umuhate wabo mu kazi ka burimunsi, nabo bamugezaho imbogamizi bahura nazo mukazi aho zimwe yatanze umurongo w’uburyo zakemurwa izindi abemerera kuzikorera ubuvugizi.

Mu gihe yamaze ku Igororero rya Nyarugenge, yasuye ibikorwa bitandukanye ariko byumwihariko yibanda aho abagororwa bigira imyuga n’ubumenyingiro, yishimira uburyo bigishwa imyuga itandukanye, avuga ko ubu aribwo buryo bwiza bwo kugorora, aho umuntu wakoze icyaha akora igihano akanahabwa impamba y’ubumenyi buzamufasha kwiteza imbere n’umuryango we ndetse n’igihugu muri rusange, asoje igihano cye asubiye mubuzima busanzwe.

Ubu hafi y’amagororero yose ari mu gihugu afite amashuri abagororwa bigiramo imyuga n’ubumenyingiro, gahunda Leta yashizeho muburyo bwo gutegura uwakoze icyaha kuzasubira mu buzima busanzwe hari ubumenyi afite bwamufasha kwirinda gusubira mu byaha.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr Vicent Biruta, ubwo yari ageze ahigirwa ubukanishi ku Igororero rya Nyarugenge.
Yagiye yerekwa ibice bitandukanye byigirwamo ubukanishi bw’ibinyabiziga abagororwa bigiramo.
Ubwo yarebaga imwe mu mishinga ikorwa n’abagororwa babyigiye mu Igororero ubu bakaba bageze ku rwego rwiza.
Yasobanuriwe imiterere y’Igororero rya Nyarugenge n’ibikorwa bitandukanye bihakorerwa.
Minisitiri yagiye asura ahantu hatandukanye higirwa imyuga izafasha abagororwa kwiteza imbere basubiye mu buzima busanzwe.
No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form