Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Dr Eduard Ngirente yatanze ipeti rya ofisiye, ku bakozi b’umwuga b’urwego basoje amahugurwa ku ishuri rya RCS Training school Rwamagana

Minisitiri w’Intebe Dr Eduard Ngirente, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yatanze ipeti rya Assistant inspector, kuri ba ofisiye bato166, bari bamaze igihe kirenga umwaka bakurikirana amasomo atandukanye mu ishuri rya RCS Training school- Rwamagana.

Share this Post

Taliki 18 Kamena 2024, wabaye umunsi w’amateka mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, kuko bwari ubwa mbere binjije ba ofisiye bakoreye amahugurwa mu kigo cy’ishuri cyabo kuko abo bari basanganywe bakoreraga amahugurwa mu bindi bigo bitanga ayo mahugurwa ari byo iby’igisirikare cy’u Rwanda na Polisi. Ni umuhango witabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo inzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta, iz’umutekano ndetse n’ababyeyi b’abana basoje amasomo

Umuyobozi w’ishuri rya RCS Training school- Rwamagana, ACP Emmanuel N Rutayisire yavuze amasomo bize mu gihe kirenze umwaka bamaze mu masomo abategura kuba ba ofisiye.

Yagize ati” Ndashimira abasoje amasomo kubw’umurava bagaragaje mu gihe bari mu masomo atandukanye abategura kuba ba ofisiye mu rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, mu gihe kirenga umwaka bamaze mu masomo bahawe yateguwe ajyanye n’amahame agenga amahugurwa y’abashinzwe umutekano, agahuzwa kandi agakomatanywa n’amasomo yo mu ishuri ajyanye n’ibyerekeye abantu bafunzwe, hamwe n’ubumenyingiro mu bwirinzi mu guhangana n’ibibazo byaterwa n’abantu bafunzwe; bahawe kandi ubumenyi ku kuyobora abandi, kuba abanyamwuga, bakoze n’indi mwitozo ibafasha kugira ubuzima bwiza, ndetse banahabwa imenyerezwa ariyo mpamvu ntashidikanya ko akazi bagiyemo bazagakora neza.”

Yosoje ashimira inzego zitandukanye bafatanya umunsi kuwundi kandi anashimira ababyeyi bitabiriye umuhango, anifuriza abasoje amasomo kuzanoza neza inshingano bazahabwa.

Dr Eduard Ngirente nyuma yo gutanga ipeti yakomoje ku masomo abasoje bahawe, abasaba kuzayakoresha neza bahesha icyubahiro Igihugu.

Yagize ati” Mu mavugurura yakozwe harimo gutegura abagororwa kuzasubira mu muryango nyarwanda barabaye abaturage beza, ni muri urwo rwego rero twishimira ko abagororwa bahabwa amasomo mu byiciro bitandukanye amashuri abanza n’ayisumbuye, kandi bakanatsinda neza ibizamini bya Leta, abatabashije kujya mu mashuri nabo bagahabwa amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro. Tukaba tunashimira RCS ibakurikirana umunsi ku munsi, dushimira kandi urwego rw’igihugu rutanga imyuga na tekenike babitanga mu magororero, kuko abatabashije kwiga amasomo yandi biga umwuga, bikazafasha abagororwa igihe bazaba basubiye mu miryango yabo biteza imbere. uyu muhango twitabiriye uyu munsi wo kwinjiza abakozi bashya mu mwuga wo kugorora ni ikimenyetso kigaragaza ko guverinoma y’u Rwanda ishishikarijwe no gushakira abakozi uru rwego bafite ubushobozi kandi bakora kinyamwuga.

Kuri ba Ofisiye bato musoje amahugurwa uyu munsi mugiye koherezwa ku magororero atandukanye mu gihugu, muzokereshe neza ubumenyi mwahawe muhesha isura nziza igihugu cyacu mudateshutse ku ndahiro mugiriye imbere y’abanyarwanda bose.”

Abanyeshuri basoje amahugurwa abagira ba Ofisiye bato ni 166, harimo abakobwa 27 n’ab’igitsina gabo 139 bari bamaze igihe kirenga umwaka bakurikrana amasomo atandukanye ajyanye n’ubunyamwuga mu kazi bagiye kwinjiramo.

 

Minisitiri w’umutekano Dr Vincent Biruta nawe yitabitabiriye uyu muhango wo gutanga ipeti kuri ba Ofisiye ba RCS.
Abayobozi b’Inzego bwite za Leta n’inzego z’umutekano bitabiriye uyu muhango.
Iyo haririmbwa indirimbo yubahiriza Igihugu buri wese aba asabwa guhaguruka.
Ubwo haririmbwaga indirimo yubahiriza Igihugu, nk’uko bigenda mu mihango yose.
Ubwo Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yatangaga impano ku banyeshuri bitwaye neza mu masomo bakoze.
Iyo bamaze guhabwa amapeti buri wese aba agomba kwambika mugenzi we kuko mubyo batozwa harimo gufashanya.
Ubwo bari bamaze guhabwa ipeti barahirira inshingano nshya bagiye kwinjiramo.
DIGP Jeanne Chantal Ujeneza na DCG Rose Muhisoni nabo bakurikiranye umuhango wo guha ipeti ba Ofisiye bato ba RCS.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana Umuyobozi w’intara y’uburasirazuba Pudence Rubingisa n’umunyamabanga mukuru w’urwego rw’Igihugu rushinzwe iperererereza NISS, Aimable Havugiyaremye bitabiriye umuhango wo guha ipeti aba Ofisiye bato ba RCS.
Umuyobozi w’ishuri rya RMA Gako, Umuyobozi wungirije ushinzwe ingabo mu burasirazuba, umuyobozi w’ishuri rya Polisi i Gishali, umuyobozi w’akarere ka Rwamagana bitabiriye itangwa ry’ipeti rya ofisiye ba RCS bato.
Umunyamabanga w’Urwego r’ubugenzacyaha RIB n’abagize inama nkuru ya RCS nabo bari mu bitabiriye umuhango wo gutanga ipeti kuri ba ofisiye bato ba RCS.
Ababyeyi b’abana bari bamaze iminsi mu mahugurwa bari bitabiriye umuhango wo gutanga ipeti rya ofisiye ku bana babo.
Umuyobozi w’ishuri rya RCS Training School Rwamagana, ACP Emmanuel N. Rutayisire ubwo yasobanuraga amasomo bigishijwe anabifuriza imirimo myiza.
Minisitiri w’Intebe Dr Eduard Ngirente yasabye abasoje amasomo kuzarangwa n’ubunyamwuga bagahesha igihugu isura nziza.
Nyuma yo gusoza umuhango abasoje n’abayobozi bafashe ifoto y’urwibutso.
No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form