Categories: Amakuru ya RCSSlider

DIDE yatanze amahugurwa ku bagororwa 20 b’Igororero rya Ngoma ajyanye n’ifashamyumvire

Kabagwira Athanasie, waturutse muri DIDE niwe watangaga aya mahugurwa ku bagororwa, aho yasoje ashimira abitabiriye amahugurwa, anabasaba ko ibyo bungutse bigomba kubabera impamba bazayakoresha bafasha bagenzi babo.

Yagize ati” ndabshimira uburyo mwakurikiranye aya mahugurwa kuko ari ingirakamaro mu buzima bwa burimunsi, ndabasaba rero kuzakoresha ubumenyi mwungukiye hano mukanabusangiza n’abandi batabashije kwitabira aya mahugurwa, kugirango nabo bamenye ibyo ibyo bafasha bagenzi babo, ntutubahaye ubumenyi bwo kubika ngo mubugumane mwenyine ahubwo bubabere impamba y’ibihe byose mujye muyisangira n’abandi.”

Umuyobozi w’Igororero ry’Abagore rya Ngoma SP Roseline Uwamahoro Magera, watangije amahugurwa akanayasoza nawe yashimiye abayitabiriye ndetse nabayatanze.

Yagize ati” mubyukuri amahugurwa y’imyitwarire n’imitekerereze aba ari ngombwa, ntawe utakwifuza kuyahabwa kuko wungukiramo byinshi, ndabashimira uburyo mwitabiriye kandi nabashishikariza kuzabyaza umusaruro ubumenyi mukuyemo, nkaba nsoza nshimira kandi umuryango DIDE, batanze aya mahugurwa mu bufatanye badahwema kutugaragariza uko bwije nuko bukeye, ibikorwa byanyu ni ingenzi mu kazi kacu ka burimunsi mu kugorora abagonganye n’amategeko.”

Amahugurwa kubijyanye n’ifashamyumvire kubantu bafunzwe aba ari ingenzi cyane kuko haba harimo ingeri zose bafite imyumvire itandukanye n’imico itandukanye, kandi bagomba kubana umunsi kumunsi niyo mpamvu aya mahugurwa aba ari ingenzi cyane.

Abagororwa bitabiriye amahugurwa ajyanye n’imyumvire barikumwe n’umuyobozi w’Igororero n’abatanze amahugurwa.

bari mu mahugurwa bakurikirana inyigisho bahawe umwanya w’ibibazo buriwese abaza ibyo adasobanukiwe.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.