Umuhango wo kubatiza abayoboke b’itororero Angilikani mu Rwanda wabereye ku Igororero rya Muhanga witabiriwe n’abasengera muri iryo dini bagororerwa muri iryo Gororero nkuko bigenda kubakurikiranye inyigisho z’idini runaka bakazisoza bikaba ngombwa ko hagira imihango bakorerwa niko byagenze kubayoboke biri torero bakurikiranye inyigisho z’umubatizo bakaba bari bagejeje igihe cyo kubatizwa.
Bamwe mubabatijwe bishimiye intambwe bateye mu rugendo rw’agakiza bavuga ko badateze gusubira inyuma, kuko hari byinshi bungukiye muri uru rugendo kandi banavuga ko bazakomeza kuganiriza ibandi ibyiza byo gukiza kuko bitanga amahoro iyo waretse inzira mbi wagenderagamo akayoboka inziza.
Hakizimana Fabrice yagize ati” nishimiye antambwe nateye mu rugendo rwo gukizwa, tumaze iminsi dukurikirana inyigisho z’umubatizo twigishwa n’abayobozi bacu, ariko muri icyo gihe tumaze ndababwiza ukuri ko hari byinshi nungukiyemo, ariko ikiruta ibindi nuko namenye ko gukizwa bitanga amahoro.”
Nsenguwera Jonathan nawe yavuze ko urugendo rwo gukizwa ari inzira nziza yo kugendera mumucyo ukazinukwa ikibi.
Yagize ati” urugendo rwo gukizwa ni inzira nziza yo kugendera kure ikibi ahubwo ugashishikazwa no gukora ibyiza, kuko mu gihe maze niga inyigisho z’umubatizo zamfashije gusobanukirwa byinshi bitanga umunezero iyo umaze kumenya Imana ukagera ikirenge mucya Kristo.”
Ababatije abari basoje inyigisho ni pasiteri Ugirimbabazi Elie na pasiteri Runezerwa nelson bakorera umuryango Prison Fellowship murwego rwo kurushaho kuzamura imyemerere mumagororero.
Ni umuhango witabiriwe n’abayoboke b’idini rya Angilikani babarizwa mu Igororero rya Muhanga.
Nyuma y’umubatizo habayeho umwanya wo kubabwira ubutumwa bwiza.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.