Umuhango wo kubatiza abayoboke b’itororero Angilikani mu Rwanda wabereye ku Igororero rya Muhanga witabiriwe n’abasengera muri iryo dini bagororerwa muri iryo Gororero nkuko bigenda kubakurikiranye inyigisho z’idini runaka bakazisoza bikaba ngombwa ko hagira imihango bakorerwa niko byagenze kubayoboke biri torero bakurikiranye inyigisho z’umubatizo bakaba bari bagejeje igihe cyo kubatizwa.
Bamwe mubabatijwe bishimiye intambwe bateye mu rugendo rw’agakiza bavuga ko badateze gusubira inyuma, kuko hari byinshi bungukiye muri uru rugendo kandi banavuga ko bazakomeza kuganiriza ibandi ibyiza byo gukiza kuko bitanga amahoro iyo waretse inzira mbi wagenderagamo akayoboka inziza.
Hakizimana Fabrice yagize ati” nishimiye antambwe nateye mu rugendo rwo gukizwa, tumaze iminsi dukurikirana inyigisho z’umubatizo twigishwa n’abayobozi bacu, ariko muri icyo gihe tumaze ndababwiza ukuri ko hari byinshi nungukiyemo, ariko ikiruta ibindi nuko namenye ko gukizwa bitanga amahoro.”
Nsenguwera Jonathan nawe yavuze ko urugendo rwo gukizwa ari inzira nziza yo kugendera mumucyo ukazinukwa ikibi.
Yagize ati” urugendo rwo gukizwa ni inzira nziza yo kugendera kure ikibi ahubwo ugashishikazwa no gukora ibyiza, kuko mu gihe maze niga inyigisho z’umubatizo zamfashije gusobanukirwa byinshi bitanga umunezero iyo umaze kumenya Imana ukagera ikirenge mucya Kristo.”
Ababatije abari basoje inyigisho ni pasiteri Ugirimbabazi Elie na pasiteri Runezerwa nelson bakorera umuryango Prison Fellowship murwego rwo kurushaho kuzamura imyemerere mumagororero.
Ni umuhango witabiriwe n’abayoboke b’idini rya Angilikani babarizwa mu Igororero rya Muhanga.
Nyuma y’umubatizo habayeho umwanya wo kubabwira ubutumwa bwiza.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.