Categories: Amakuru ya RCSSlider

79 bagororerwa mu Igororero rya Muhanga, babarizwa mu idini ya Angilikani babatijwe

Umuhango wo kubatiza abayoboke b’itororero Angilikani mu Rwanda wabereye ku Igororero rya Muhanga witabiriwe n’abasengera muri iryo dini bagororerwa muri iryo Gororero nkuko bigenda kubakurikiranye inyigisho z’idini runaka bakazisoza bikaba ngombwa ko hagira imihango bakorerwa niko byagenze kubayoboke biri torero bakurikiranye inyigisho z’umubatizo bakaba bari bagejeje igihe cyo kubatizwa.

Bamwe mubabatijwe bishimiye intambwe bateye mu rugendo rw’agakiza bavuga ko badateze gusubira inyuma, kuko hari byinshi bungukiye muri uru rugendo kandi banavuga ko bazakomeza kuganiriza ibandi ibyiza byo gukiza kuko bitanga amahoro iyo waretse inzira mbi wagenderagamo akayoboka inziza.

Hakizimana  Fabrice yagize ati” nishimiye antambwe nateye mu rugendo rwo gukizwa, tumaze iminsi dukurikirana inyigisho z’umubatizo twigishwa n’abayobozi bacu, ariko muri icyo gihe tumaze ndababwiza ukuri ko hari byinshi nungukiyemo, ariko ikiruta ibindi nuko namenye ko gukizwa bitanga amahoro.”

Nsenguwera Jonathan  nawe yavuze ko urugendo rwo gukizwa ari inzira nziza yo kugendera mumucyo ukazinukwa ikibi.

Yagize ati” urugendo rwo gukizwa ni inzira nziza yo kugendera kure ikibi ahubwo ugashishikazwa no gukora ibyiza, kuko mu gihe maze niga inyigisho z’umubatizo zamfashije gusobanukirwa byinshi bitanga umunezero iyo umaze kumenya Imana ukagera ikirenge mucya Kristo.”

Ababatije abari basoje inyigisho ni pasiteri Ugirimbabazi Elie na pasiteri Runezerwa nelson bakorera umuryango Prison Fellowship murwego rwo kurushaho kuzamura imyemerere mumagororero.

Ni umuhango witabiriwe n’abayoboke b’idini rya Angilikani babarizwa mu Igororero rya Muhanga.

Nyuma y’umubatizo habayeho umwanya wo kubabwira ubutumwa bwiza.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

6 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.