Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

DCGP Rose Muhisoni ari muri Ghana mu nama ya komite nyobozi y’ibihugu bya Afurika bifite inshingano zo kugorora ACSA

Share this Post

Iyi nama iri kuba mu rwego rwo gushakira hamwe ibisubizo no kwimakaza umubano hagati y’ibyo bihugu bifite inshingano mu kugorora abakoze ibyaha, bagasubira mu buzima busanzwe banarebera hamwe bimwe mu bibazo bikunze kugaragara muri uwo mwuga wo kugorora cyane mu bihugu bya Afurika hagafatwa imyanzuro y’uburyo byagenda bikemuka.

ACSA ubusanzwe ni ishyirahamwe  ibihugu ryagiyeho mu rwego rwo kujya barebera hamwe ibibazo bikomeye mu kugorora bikunze kugaragara mu magereza yo muri Afurika, rifite inshingano zo kugorora bagamije imibereho myiza y’abari muri za gereza, bagamije kunoza umwuga wo kugorora abo bashinzwe bijyanye n’ubukungu ndetse n’umuco mu bihugu by’Afurika, ku bufatanye na Leta ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta.

Muri iyi nama hazafatirwamo ibyemezo bya gahunda n’ibikorwa, ingamba bijyanye n’icyerekezo cya ACSA muri gahunda yayo ya (2020-2025), ndetse n’uburyo bwo guha abanyamuryango impamyabumenyi ku bihugu binyamuryango, aho mu busanzwe iyi nama iba rimwe mu myaka ibiri ikabera muri kimwe mu bihugu bigize umugabane,ku buryo busimburana,Kugeza ubu igihugu cya  Mozambique nicyo cyari ku mwanya w’ubuyobozi, kikungirizwa n’u Rwanda.

Mu bihugu byitabiriye iyi nama y’akanama ya komite nyobozi ni Mozambique, Uganda, Senegal, Kenya, Ubwami bwa Eswatini na Ghana ari nacyo gihugu cyayakiriye.

Ni inama iba rimwe mu myaka ibiri ibihugu biyirimo byose bikitabira.
Ibihugu byitabiriye iyi nama ya komite Nyobozi ni ibifite inshingano z’Ubuyobozi.
DCGP Rose Muhisoni mu nama ya komite Nyobozi muri ACRA/GHANA niwe wahagarariye u Rwanda.
Aba ni abitabiriye inama ya Komite Nyobozi ya ACSA mu nama iri kubera muri GHANA.
No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form