Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abo mu Igororero rya Rubavu barishimira ubumenyi bakura mu ruganda rw’ibikomoka ku mpu

Abagororwa twasanze muri uru ruganda kuri uyu wa 20 Mutarama 2026, bemeza ko ubumenyi bahakura bubongerera icyizere cyo kuzagira ubuzima bwiza nyuma yo kurangiza ibihano barimo, bikazanabarinda kongera kwijandika mu byaha.

Abakora muri uru ruganda babanza guhabwa amahugurwa y’amezi atandatu, bikigishwa gutunganya impu no kuzikoramo ibikoresho bitandukanye. Nyuma yo gusoza ayo mahugurwa, bahabwa impamyabushobozi itangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Imyuga n’Ubumenyingiro (WDA), bakabona gukomereza mu ruganda gukora ibyo bize.

Ntirenganya Eric, ni umugororwa ukora muri uru ruganda rukora ibikoresho bikomoka ku mpu. Avuga ko yakatiwe imyaka 5 azira icyaha cy’ubujura ubu asigaje imyaka 2 ngo igihano kirangire. Yemeza ko ubumenyi amaze kugira butatuma asubira mu bujura kuko yumva azibeshaho neza akazanasangiza ubumenyi abo azasanga.

Ati: “nkiri hanze akazi kanjye kari ubujura, gusinda no kujya mu ndaya, ariko ubungubu urwego ngezeho ndi kumva nagera hanze ngahinduka mu Muryango Nyarwanda ngatanga ishusho nziza ndetse nabo nakoreye icyaha bakabona ko nahindutse ko aho mvuye hatandukanye naho nariondi ntaragera aha.”

Umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora Chief Superintendent Emanuel Hillary Sengabo avuga ko imyuga nk’iyi irinda abagororwa kwiheba no kwigunga, ikabaha n’ubumenyi buzatuma biteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo igihe barangije ibihano bityo bikabarinda kongera gukora ibyaha.

Avuga kandi ko amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro aba ku magororero yose ya RCS, harimo ayigisha ubwubatsi, ubusuderi, ubukanishi, ubudozi, ububaji, gukora amashanyarazi, gutunganya imisatsi, gukoresha mudasobwa, ubuhinzi n’ubworozi n’ibindi. Ati “buri gororero turishyiraho TVET ijyanye  n’abantu bahari ndetse n’ibikorwa bihabereye.”

Ibikoresho byakorewe muri uru ruganda bishakirwa isoko bikagurishwa, amafaranga avuyemo akagabanywa mu buryo abagororwa bahabwa 10% by’ayabonetse, mu gihe asigaye agurwa ibikoresho bishya byo gukomeza amahugurwa no guteza imbere uru ruganda.

Abagororwa babanza kwiga mu gihe cy’amezi 6 bakabona gukora mu ruganda.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.