Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana 22 bagororerwa muri Gereza ya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza abanza

Hashingiwe ku mitsindire y’ibizamini bisoza Umwaka bisanzwe bitangwa mu Gihugu hose mu byiciro bitandukanye,abana bagororerwa muri gereza ya Nyagatare baza mu myanya ya mbere dore ko usanga bose baza mu byiciro (Agragates) bibanza aribyo icyambere n’icya kabiri.

Umwihariko n’imvano y’intsinzi nuko aba bana bagira, usanga bayikesha ko bo babona umwanya uhagije wo kwiga iyo bari muri gereza; kuko ntakindi kibahuza baba bakora bityo bikabafasha kurushaho kugera ku ntego yabo yo gutsinda ibizamini bya Leta.

Ku bijyanye n’amasomo ndetse n’abarimu, usanga abarimu babacungagereza n’Abarimu b’abagororwa bazobereye muri uwo murimo wo kurera abana, ku rwego rwa RCS; bahora bakurikiranira hafi imyigire y’aba bana bagororerwa muri iyi gereza Nyagatare.

Ku bijyanye n’imfashanyisho zifashishwa mu kwigisha, usanga ari zimwe n’izibindi bigo by’amashuri yo mu Rwanda.

Aba banyeshuri ikizamini basorejeho ni icy’Icyongereza aho byagaragaraga ko bishimye ko nta mbogamizi bahuriye nazo muri ibi bizamini byose bakoze nkuko bisanzwe mu muco w’abana biga bagororerwa muri gereza ya Nyagatare.

Biteganijwe ko hari abandi banyeshuri 9, bagororerwa muri gereza ya Nyagatare bazakora ibizamini by’uyu mwaka w’amashuri wa 2022 bisoza Icyiciro Rusange cy’amashuri yisumbuye(O Level) mucyumweru gitaha.

Ni ibizamini byatangiye kuwa mbere taliki 18 Nyakanga 2022, kuri za site zikorerwaho ibizamini mu gihugu hose, bikaba byasojwe uyu munsi kuwa 21 Nyakanga 2022.

Abana 22 bagororerwa muri gereza ya Nyagatare basoje ibizamini bisoza amashuri abanza.
Umunsi wa mbere bari bagiye gutangira ikizamini kuri GS Nyagatare.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.