Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana 22 bagororerwa muri Gereza ya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza abanza

Hashingiwe ku mitsindire y’ibizamini bisoza Umwaka bisanzwe bitangwa mu Gihugu hose mu byiciro bitandukanye,abana bagororerwa muri gereza ya Nyagatare baza mu myanya ya mbere dore ko usanga bose baza mu byiciro (Agragates) bibanza aribyo icyambere n’icya kabiri.

Umwihariko n’imvano y’intsinzi nuko aba bana bagira, usanga bayikesha ko bo babona umwanya uhagije wo kwiga iyo bari muri gereza; kuko ntakindi kibahuza baba bakora bityo bikabafasha kurushaho kugera ku ntego yabo yo gutsinda ibizamini bya Leta.

Ku bijyanye n’amasomo ndetse n’abarimu, usanga abarimu babacungagereza n’Abarimu b’abagororwa bazobereye muri uwo murimo wo kurera abana, ku rwego rwa RCS; bahora bakurikiranira hafi imyigire y’aba bana bagororerwa muri iyi gereza Nyagatare.

Ku bijyanye n’imfashanyisho zifashishwa mu kwigisha, usanga ari zimwe n’izibindi bigo by’amashuri yo mu Rwanda.

Aba banyeshuri ikizamini basorejeho ni icy’Icyongereza aho byagaragaraga ko bishimye ko nta mbogamizi bahuriye nazo muri ibi bizamini byose bakoze nkuko bisanzwe mu muco w’abana biga bagororerwa muri gereza ya Nyagatare.

Biteganijwe ko hari abandi banyeshuri 9, bagororerwa muri gereza ya Nyagatare bazakora ibizamini by’uyu mwaka w’amashuri wa 2022 bisoza Icyiciro Rusange cy’amashuri yisumbuye(O Level) mucyumweru gitaha.

Ni ibizamini byatangiye kuwa mbere taliki 18 Nyakanga 2022, kuri za site zikorerwaho ibizamini mu gihugu hose, bikaba byasojwe uyu munsi kuwa 21 Nyakanga 2022.

Abana 22 bagororerwa muri gereza ya Nyagatare basoje ibizamini bisoza amashuri abanza.
Umunsi wa mbere bari bagiye gutangira ikizamini kuri GS Nyagatare.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

19 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.