Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa rukomeje guhugura abakozi barwo kugirango rubongerere ubushobozi bakore kinyamwuga. Ni muri urwo rwego abayobzi ba za Gereza bitabiriye amahugurwa yamaze iminsi 4 mu ishuri ryigishwa amategeko ILPD riherereye i Nyanza. Amasomo yibanzweho muri ayo mahugurwa najyanye n’ifata n’ifungwa, imikoranire ya za Gereza n’izindi nzego z’ubutabera ndetse bigishwa kandi isomo rirebana n’ibijyanye no kugorora. Ubwo ayo mahugurwa yasozwaga SIP Marie Grace NDWANYI wavuze mu izina ry’abandi bacungagereza, ni uko kugorora bisaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye bityo nk’abayobozi ba za Gereza bakaba bagiye kurushaho kunoza serivise bafasha Imfungwa n’Abagororwa gusurwa, kubafasha kubona amakuru arebana n’inkiko ndetse no kumenyesha umuryango we igihe umugororwa yimuriwe mu yindi Gereza kuko biri mu burenganzira bwe.
Asoza aya mahugurwa Komiseri Charles MUSITU ushinzwe kugorora no gusubiza Abagororwa barangije ibihano mu buzima busanzwe yashimiye ko abayobozi b’amagereza bitabiriye amahugurwa arebana n’uburenganzira bw’Imfungwa n’Abagororwa. Komiseri MUSITU yabwiye Abacungagereza ko uburenganzira Abagororwa bemerwa n’amategeko basanzwe babuhabwa ariko abibutsa ko bagomba kurushaho kubwubahiriza cyane cyane ubujyanye n’ubutabera.
Ikigo gishinzwe amahugurwa ajyanye n’amategeko ILPD gifitanye ubufatanye na RCS, umuyobozi wungirije wa ILPD yasabye abayobozi ba za Gereza barangije amahugurwa guharanira ko umuntu uje kugororwa yarangiza igihano cye bigaragara ko yagororotse , ibyo bizatuma hirindwa ko yazagaruka muri Gereza kuko aramutse agarutse yakoze ikindi cyaha byaba ari igihombo ku gihugu kiba cyaramutanzeho ubushobozi kugirango agororwe. Abacungagereza 20 biganjemo Abayobozi ba za Gereza bitabiriye aya mahugurwa yabereye muri ILPD arebana n’uburenganzira bw’imfungwa n’abagororwa. Yitabiriwe kandi n’Abayobozi na bamwe mu bakozi bakora ku kicaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS.Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa rukomeje guhugura abakozi barwo kugirango rubongerere ubushobozi bakore kinyamwuga. Ni muri urwo rwego abayobzi ba za Gereza bitabiriye amahugurwa yamaze iminsi 4 mu ishuri ryigishwa amategeko ILPD riherereye i Nyanza. Amasomo yibanzweho muri ayo mahugurwa najyanye n’ifata n’ifungwa, imikoranire ya za Gereza n’izindi nzego z’ubutabera ndetse bigishwa kandi isomo rirebana n’ibijyanye no kugorora. Ubwo ayo mahugurwa yasozwaga SIP Marie Grace NDWANYI wavuze mu izina ry’abandi bacungagereza, ni uko kugorora bisaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye bityo nk’abayobozi ba za Gereza bakaba bagiye kurushaho kunoza serivise bafasha Imfungwa n’Abagororwa gusurwa, kubafasha kubona amakuru arebana n’inkiko ndetse no kumenyesha umuryango we igihe umugororwa yimuriwe mu yindi Gereza kuko biri mu burenganzira bwe.
Asoza aya mahugurwa Komiseri Charles MUSITU ushinzwe kugorora no gusubiza Abagororwa barangije ibihano mu buzima busanzwe yashimiye ko abayobozi b’amagereza bitabiriye amahugurwa arebana n’uburenganzira bw’Imfungwa n’Abagororwa. Komiseri MUSITU yabwiye Abacungagereza ko uburenganzira Abagororwa bemerwa n’amategeko basanzwe babuhabwa ariko abibutsa ko bagomba kurushaho kubwubahiriza cyane cyane ubujyanye n’ubutabera.
Ikigo gishinzwe amahugurwa ajyanye n’amategeko ILPD gifitanye ubufatanye na RCS, umuyobozi wungirije wa ILPD yasabye abayobozi ba za Gereza barangije amahugurwa guharanira ko umuntu uje kugororwa yarangiza igihano cye bigaragara ko yagororotse , ibyo bizatuma hirindwa ko yazagaruka muri Gereza kuko aramutse agarutse yakoze ikindi cyaha byaba ari igihombo ku gihugu kiba cyaramutanzeho ubushobozi kugirango agororwe. Abacungagereza 20 biganjemo Abayobozi ba za Gereza bitabiriye aya mahugurwa yabereye muri ILPD arebana n’uburenganzira bw’imfungwa n’abagororwa. Yitabiriwe kandi n’Abayobozi na bamwe mu bakozi bakora ku kicaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.