Categories: Amakuru ya RCS

Abakozi ba RCS basoje amahugurwa ajyanye n’uburenganzira bw’Imfungwa n’Abagororwa

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa rukomeje guhugura abakozi barwo kugirango rubongerere ubushobozi bakore kinyamwuga. Ni muri urwo rwego abayobzi ba za Gereza bitabiriye amahugurwa yamaze iminsi 4 mu ishuri ryigishwa amategeko ILPD riherereye i Nyanza. Amasomo yibanzweho muri ayo mahugurwa najyanye n’ifata n’ifungwa, imikoranire ya za Gereza n’izindi nzego z’ubutabera ndetse bigishwa kandi isomo rirebana n’ibijyanye no kugorora. Ubwo ayo mahugurwa yasozwaga SIP Marie Grace NDWANYI wavuze mu izina ry’abandi bacungagereza, ni uko kugorora bisaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye bityo  nk’abayobozi ba za Gereza bakaba bagiye kurushaho kunoza serivise  bafasha Imfungwa n’Abagororwa gusurwa, kubafasha kubona amakuru arebana n’inkiko ndetse no kumenyesha umuryango we igihe umugororwa yimuriwe mu yindi Gereza kuko biri mu burenganzira bwe.

Asoza aya mahugurwa Komiseri Charles MUSITU ushinzwe kugorora no gusubiza Abagororwa barangije ibihano mu buzima busanzwe yashimiye ko abayobozi b’amagereza bitabiriye amahugurwa arebana n’uburenganzira bw’Imfungwa n’Abagororwa.  Komiseri MUSITU yabwiye Abacungagereza ko uburenganzira Abagororwa bemerwa n’amategeko basanzwe babuhabwa ariko abibutsa ko bagomba kurushaho kubwubahiriza cyane cyane ubujyanye n’ubutabera.

Ikigo gishinzwe amahugurwa ajyanye n’amategeko ILPD gifitanye ubufatanye na RCS, umuyobozi wungirije wa ILPD yasabye abayobozi ba za Gereza barangije amahugurwa guharanira ko umuntu uje kugororwa yarangiza igihano cye bigaragara ko yagororotse , ibyo bizatuma hirindwa ko yazagaruka muri Gereza kuko aramutse agarutse yakoze ikindi cyaha byaba ari igihombo ku gihugu kiba cyaramutanzeho ubushobozi kugirango agororwe. Abacungagereza 20  biganjemo Abayobozi ba za Gereza bitabiriye aya mahugurwa yabereye muri ILPD arebana n’uburenganzira bw’imfungwa n’abagororwa.  Yitabiriwe kandi n’Abayobozi na bamwe mu bakozi bakora ku kicaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS.Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa rukomeje guhugura abakozi barwo kugirango rubongerere ubushobozi bakore kinyamwuga. Ni muri urwo rwego abayobzi ba za Gereza bitabiriye amahugurwa yamaze iminsi 4 mu ishuri ryigishwa amategeko ILPD riherereye i Nyanza. Amasomo yibanzweho muri ayo mahugurwa najyanye n’ifata n’ifungwa, imikoranire ya za Gereza n’izindi nzego z’ubutabera ndetse bigishwa kandi isomo rirebana n’ibijyanye no kugorora. Ubwo ayo mahugurwa yasozwaga SIP Marie Grace NDWANYI wavuze mu izina ry’abandi bacungagereza, ni uko kugorora bisaba ubufatanye bw’inzego zitandukanye bityo  nk’abayobozi ba za Gereza bakaba bagiye kurushaho kunoza serivise  bafasha Imfungwa n’Abagororwa gusurwa, kubafasha kubona amakuru arebana n’inkiko ndetse no kumenyesha umuryango we igihe umugororwa yimuriwe mu yindi Gereza kuko biri mu burenganzira bwe.

Asoza aya mahugurwa Komiseri Charles MUSITU ushinzwe kugorora no gusubiza Abagororwa barangije ibihano mu buzima busanzwe yashimiye ko abayobozi b’amagereza bitabiriye amahugurwa arebana n’uburenganzira bw’Imfungwa n’Abagororwa.  Komiseri MUSITU yabwiye Abacungagereza ko uburenganzira Abagororwa bemerwa n’amategeko basanzwe babuhabwa ariko abibutsa ko bagomba kurushaho kubwubahiriza cyane cyane ubujyanye n’ubutabera.

Ikigo gishinzwe amahugurwa ajyanye n’amategeko ILPD gifitanye ubufatanye na RCS, umuyobozi wungirije wa ILPD yasabye abayobozi ba za Gereza barangije amahugurwa guharanira ko umuntu uje kugororwa yarangiza igihano cye bigaragara ko yagororotse , ibyo bizatuma hirindwa ko yazagaruka muri Gereza kuko aramutse agarutse yakoze ikindi cyaha byaba ari igihombo ku gihugu kiba cyaramutanzeho ubushobozi kugirango agororwe. Abacungagereza 20  biganjemo Abayobozi ba za Gereza bitabiriye aya mahugurwa yabereye muri ILPD arebana n’uburenganzira bw’imfungwa n’abagororwa.  Yitabiriwe kandi n’Abayobozi na bamwe mu bakozi bakora ku kicaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS. 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

22 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.