Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza batangiye amahugurwa ajyanye no kwita ku bibazo byo mu mutwe

Aya mahugurwa azamara iminsi itatu ari kubera muri NOBLEZA Hotel mu karere ka Kicukiro, yatangijwe n’umuyobozi mukuru wungirije w’urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS DCGP Rose Muhisoni, azatangwa ku bufatanye n’abafatanyabikorwa aribo Fondation DIDE na INTERPEACE ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye.

Abateguye aya mahugurwa, baravuga ko agamije guhugura abacungagereza babana n’Imfungwa n’Abagororwa umunsi ku munsi, baba bafite ibibazo bitandukanye batari biyakira bitewe n’impamvu z’ibyaha bakoze kwiyakira bikagorana ndetse no kubategurira gusubira mu buzima busanzwe nyuma yo gusoza ibihano basubiye mu muryangonyarwanda.

DCGP Muhisoni yavuze ko aya mahugurwa agamije guhugura abacungereza uburyo babana n’abagororwa bafite ibibazo ndetse no kubategurira gusubira mu buzima busanzwe.

Yagize ati:” Aya mahugurwa agamije kongerera abacungagereza ubushobozi mu buryo bwo kwita ku mfungwa n’abagororwa baba baragize ibibazo bitandukanye mu gihe batariyakira bitewe n’igihe bazamara aho hantu ndetse no kubategurira gusubira mu buzima busanzwe basoje ibihano kuko iyo umuntu yagize ikibazo aba akeneye umwitaho.”

Kayitare Frank umuyobozi Mukuru wa INTERPEACE, aravuga ko amahugurwa agamije gufasha abacungagereza kwita ku bo bashinzwe kugorora.

Yagize ati:”Aya mahugurwa agamije gufasha abacungagereza tubongerera ubushobozi bwo kwita ku mfungwa n’abagororwa babitaho mu bijyanye n’imyitwarire muri gereza kugirango babashe kwiyakira mu buzima baba batangiye bitewe n’uko benshi kwiyakira bibanza kubagora bikaba bizabafasha kuko bahorana umunsi ku munsi.”

Mukansoro Odette, umuyobozi wa Fondation DIDE, aravuga ko amahugurwa azafasha abacungagereza kongera kumenya byihariye uburyo bita ku muntu ufunze.

Yagize ati:”Amahugurwa twayateguye tugamije kwigisha abakozi, mbere yo kwita ku bagororwa tugomba kubanza kubategura mbere yo kureba abo bashinzwe ndetse hakazanabaho umwanya w’ibiganiro n’imfungwa n’abagororwa cyane mu matsinda y’uruvugiro twumva abafite ibibazo bitandukanye.”

Ni amahugurwa yitabiriwe n’abacungagereza bo kuri gereza zose mu gihugu bafite inshingano zifite aho zihuriye n’imibereho myiza y’Imfungwa n’abagororwa agamije kubongerera ubushobozi no gufasha Imfungwa n’abagororwa  mu bibazo bahura nabyo mu gihe batariiyakira.

Umuyobozi mukuru wungirije muri RCS,DCGP Rose Muhisoni atangiza amahugurwa 

Umuyobozi wa INTERPEACE na Foundation DIDE  barikumwe na DCGP Rose Muhisoni mu gutangira amahugurwa

Bafashe ifoto y’urwibutso nyuma y’umuhango wo gutangiza amahugurwa ku mugaragaro

rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.