Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza batangiye amahugurwa ajyanye no kwita ku bibazo byo mu mutwe

Aya mahugurwa azamara iminsi itatu ari kubera muri NOBLEZA Hotel mu karere ka Kicukiro, yatangijwe n’umuyobozi mukuru wungirije w’urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS DCGP Rose Muhisoni, azatangwa ku bufatanye n’abafatanyabikorwa aribo Fondation DIDE na INTERPEACE ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye.

Abateguye aya mahugurwa, baravuga ko agamije guhugura abacungagereza babana n’Imfungwa n’Abagororwa umunsi ku munsi, baba bafite ibibazo bitandukanye batari biyakira bitewe n’impamvu z’ibyaha bakoze kwiyakira bikagorana ndetse no kubategurira gusubira mu buzima busanzwe nyuma yo gusoza ibihano basubiye mu muryangonyarwanda.

DCGP Muhisoni yavuze ko aya mahugurwa agamije guhugura abacungereza uburyo babana n’abagororwa bafite ibibazo ndetse no kubategurira gusubira mu buzima busanzwe.

Yagize ati:” Aya mahugurwa agamije kongerera abacungagereza ubushobozi mu buryo bwo kwita ku mfungwa n’abagororwa baba baragize ibibazo bitandukanye mu gihe batariyakira bitewe n’igihe bazamara aho hantu ndetse no kubategurira gusubira mu buzima busanzwe basoje ibihano kuko iyo umuntu yagize ikibazo aba akeneye umwitaho.”

Kayitare Frank umuyobozi Mukuru wa INTERPEACE, aravuga ko amahugurwa agamije gufasha abacungagereza kwita ku bo bashinzwe kugorora.

Yagize ati:”Aya mahugurwa agamije gufasha abacungagereza tubongerera ubushobozi bwo kwita ku mfungwa n’abagororwa babitaho mu bijyanye n’imyitwarire muri gereza kugirango babashe kwiyakira mu buzima baba batangiye bitewe n’uko benshi kwiyakira bibanza kubagora bikaba bizabafasha kuko bahorana umunsi ku munsi.”

Mukansoro Odette, umuyobozi wa Fondation DIDE, aravuga ko amahugurwa azafasha abacungagereza kongera kumenya byihariye uburyo bita ku muntu ufunze.

Yagize ati:”Amahugurwa twayateguye tugamije kwigisha abakozi, mbere yo kwita ku bagororwa tugomba kubanza kubategura mbere yo kureba abo bashinzwe ndetse hakazanabaho umwanya w’ibiganiro n’imfungwa n’abagororwa cyane mu matsinda y’uruvugiro twumva abafite ibibazo bitandukanye.”

Ni amahugurwa yitabiriwe n’abacungagereza bo kuri gereza zose mu gihugu bafite inshingano zifite aho zihuriye n’imibereho myiza y’Imfungwa n’abagororwa agamije kubongerera ubushobozi no gufasha Imfungwa n’abagororwa  mu bibazo bahura nabyo mu gihe batariiyakira.

Umuyobozi mukuru wungirije muri RCS,DCGP Rose Muhisoni atangiza amahugurwa 

Umuyobozi wa INTERPEACE na Foundation DIDE  barikumwe na DCGP Rose Muhisoni mu gutangira amahugurwa

Bafashe ifoto y’urwibutso nyuma y’umuhango wo gutangiza amahugurwa ku mugaragaro

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

19 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.