Categories: Amakuru ya RCSSlider

UNMISS irashima umusanzu wa RCS mu gutuma abafungwa bagira ubuzima bwiza muri gereza ya Torit muri Sudan y’Epfo

Atango James, umwe mu bafungwa bo muri gereza ya Torit yavuze ko kuba haratangijwe iyi gahunda ari ukurengera ubuzima bwabo kuko ntawe utazi akamaro k’imboga.

Yagize ati ”Ndashimira abakozi b’umuryango w’abibumbye bari muri Sudan y’epfo batekereje iyi gahunda y’akarima k’igikoni, mubyukuri ntawe utazi akamaro ko indyo yuzuye, ko ari ngombwa kuri buriwese, niyo mpamvu twese tugomba kugira uruhari muri iyi gahunda yo kwihingira imboga kandi birashoboka turetse amagambo tugakora yaba umugabo cyangwa umugore wese uri muri gereza kuko nitwe byafasha gutuma tugira ubuzima bwiza muri iyi gereza ya Torit, kuko akarima k’igikoni mwamaze kubona ko ari ingenzi mugutuma turushaho kugira ubuzima bwiza.”

Yakomeje avuga ubwoko bw’imboga zitandukanye biyezereza ku buso buzengurutse gereza ya Torit, burimo, inyanya, ibihaza, amaranthus na okra, bisarurwa bigatekwa mu biryo barya burimunsi.

SSP Hillary Sengabo, Umukozi wa UNMISS muri gahunda zo kugorora, yavuze ko igitekerezo cyo guhinga imboga cyaturutse ku kuba ubuzima bw’abafungwa muri Gereza ya Torit babonaga bugenda buba bubi.

Yagize ati “Twabonye ko ubuzima bw’imfungwa nyinshi cyane ubw’ababyeyi bonsa buri kugenda buba bubi, nibwo twegeraga abayobozi tubagezaho igitekerezo cyo kuba twhinga imboga mu mbago za gereza zikazafasha abafungwa gutuma imibereho yabo ihinduka, babyakira vuba kandi baranabyishimira niko gutangira uyu mushinga kandi uri gutanga umusaruro.”

Yakomeje avuga ko nubwo igitekerezo cyari kimaze kwakirwa, intambwe yindi y’yumushinga w’wimirire myiza kwari ugushaka ibikoresho bizifashishwa mu buhinzi no gushaka imbuto zizahingwa no guha ubumenyi bwibanze ku buhinzi  Abagororwa kuko aribo bagombaga kubyikorera kandi byatanze umusaruro kuko ubu basarura imboga zikabafasha gutuma ubuzima bwabo burushaho kumera neza, aho avuga ko iyi gereza yari iteganyrijwe kwakira abafungwa 150 ariko kugeza ubu ikaba irimo abagera kuri 370, bakaba bari muri gahunda yokunoza uburyo bw’imiryamire kugirango babashe gutura neza.

SSP Hillary Sengabo we na bagenzi babiri aribo SSP Pelly Uwera Gakwaya na SSP Olive Mukantabana bari muri sudani y’Epfo mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri gahunda yo kugorora, nkuko izindi nzego nka Polisi n’Ingabo z’Igihugu bajyayo mu rwego rwo kugarura amahoro.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.