Categories: Amakuru ya RCSSlider

UNMISS irashima umusanzu wa RCS mu gutuma abafungwa bagira ubuzima bwiza muri gereza ya Torit muri Sudan y’Epfo

Atango James, umwe mu bafungwa bo muri gereza ya Torit yavuze ko kuba haratangijwe iyi gahunda ari ukurengera ubuzima bwabo kuko ntawe utazi akamaro k’imboga.

Yagize ati ”Ndashimira abakozi b’umuryango w’abibumbye bari muri Sudan y’epfo batekereje iyi gahunda y’akarima k’igikoni, mubyukuri ntawe utazi akamaro ko indyo yuzuye, ko ari ngombwa kuri buriwese, niyo mpamvu twese tugomba kugira uruhari muri iyi gahunda yo kwihingira imboga kandi birashoboka turetse amagambo tugakora yaba umugabo cyangwa umugore wese uri muri gereza kuko nitwe byafasha gutuma tugira ubuzima bwiza muri iyi gereza ya Torit, kuko akarima k’igikoni mwamaze kubona ko ari ingenzi mugutuma turushaho kugira ubuzima bwiza.”

Yakomeje avuga ubwoko bw’imboga zitandukanye biyezereza ku buso buzengurutse gereza ya Torit, burimo, inyanya, ibihaza, amaranthus na okra, bisarurwa bigatekwa mu biryo barya burimunsi.

SSP Hillary Sengabo, Umukozi wa UNMISS muri gahunda zo kugorora, yavuze ko igitekerezo cyo guhinga imboga cyaturutse ku kuba ubuzima bw’abafungwa muri Gereza ya Torit babonaga bugenda buba bubi.

Yagize ati “Twabonye ko ubuzima bw’imfungwa nyinshi cyane ubw’ababyeyi bonsa buri kugenda buba bubi, nibwo twegeraga abayobozi tubagezaho igitekerezo cyo kuba twhinga imboga mu mbago za gereza zikazafasha abafungwa gutuma imibereho yabo ihinduka, babyakira vuba kandi baranabyishimira niko gutangira uyu mushinga kandi uri gutanga umusaruro.”

Yakomeje avuga ko nubwo igitekerezo cyari kimaze kwakirwa, intambwe yindi y’yumushinga w’wimirire myiza kwari ugushaka ibikoresho bizifashishwa mu buhinzi no gushaka imbuto zizahingwa no guha ubumenyi bwibanze ku buhinzi  Abagororwa kuko aribo bagombaga kubyikorera kandi byatanze umusaruro kuko ubu basarura imboga zikabafasha gutuma ubuzima bwabo burushaho kumera neza, aho avuga ko iyi gereza yari iteganyrijwe kwakira abafungwa 150 ariko kugeza ubu ikaba irimo abagera kuri 370, bakaba bari muri gahunda yokunoza uburyo bw’imiryamire kugirango babashe gutura neza.

SSP Hillary Sengabo we na bagenzi babiri aribo SSP Pelly Uwera Gakwaya na SSP Olive Mukantabana bari muri sudani y’Epfo mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri gahunda yo kugorora, nkuko izindi nzego nka Polisi n’Ingabo z’Igihugu bajyayo mu rwego rwo kugarura amahoro.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.