Atango James, umwe mu bafungwa bo muri gereza ya Torit yavuze ko kuba haratangijwe iyi gahunda ari ukurengera ubuzima bwabo kuko ntawe utazi akamaro k’imboga.
Yagize ati ”Ndashimira abakozi b’umuryango w’abibumbye bari muri Sudan y’epfo batekereje iyi gahunda y’akarima k’igikoni, mubyukuri ntawe utazi akamaro ko indyo yuzuye, ko ari ngombwa kuri buriwese, niyo mpamvu twese tugomba kugira uruhari muri iyi gahunda yo kwihingira imboga kandi birashoboka turetse amagambo tugakora yaba umugabo cyangwa umugore wese uri muri gereza kuko nitwe byafasha gutuma tugira ubuzima bwiza muri iyi gereza ya Torit, kuko akarima k’igikoni mwamaze kubona ko ari ingenzi mugutuma turushaho kugira ubuzima bwiza.”
Yakomeje avuga ubwoko bw’imboga zitandukanye biyezereza ku buso buzengurutse gereza ya Torit, burimo, inyanya, ibihaza, amaranthus na okra, bisarurwa bigatekwa mu biryo barya burimunsi.
SSP Hillary Sengabo, Umukozi wa UNMISS muri gahunda zo kugorora, yavuze ko igitekerezo cyo guhinga imboga cyaturutse ku kuba ubuzima bw’abafungwa muri Gereza ya Torit babonaga bugenda buba bubi.
Yagize ati “Twabonye ko ubuzima bw’imfungwa nyinshi cyane ubw’ababyeyi bonsa buri kugenda buba bubi, nibwo twegeraga abayobozi tubagezaho igitekerezo cyo kuba twhinga imboga mu mbago za gereza zikazafasha abafungwa gutuma imibereho yabo ihinduka, babyakira vuba kandi baranabyishimira niko gutangira uyu mushinga kandi uri gutanga umusaruro.”
Yakomeje avuga ko nubwo igitekerezo cyari kimaze kwakirwa, intambwe yindi y’yumushinga w’wimirire myiza kwari ugushaka ibikoresho bizifashishwa mu buhinzi no gushaka imbuto zizahingwa no guha ubumenyi bwibanze ku buhinzi Abagororwa kuko aribo bagombaga kubyikorera kandi byatanze umusaruro kuko ubu basarura imboga zikabafasha gutuma ubuzima bwabo burushaho kumera neza, aho avuga ko iyi gereza yari iteganyrijwe kwakira abafungwa 150 ariko kugeza ubu ikaba irimo abagera kuri 370, bakaba bari muri gahunda yokunoza uburyo bw’imiryamire kugirango babashe gutura neza.
SSP Hillary Sengabo we na bagenzi babiri aribo SSP Pelly Uwera Gakwaya na SSP Olive Mukantabana bari muri sudani y’Epfo mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri gahunda yo kugorora, nkuko izindi nzego nka Polisi n’Ingabo z’Igihugu bajyayo mu rwego rwo kugarura amahoro.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.