Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuyobozi w’amagereza muri Eswatini ari muruzinduko rw’akazi mu Rwanda, murwego rwo kurwigiraho iterambere rwagezeho mukugorora

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwabo babanje kwerekwa amateka ashaririye ya Jenoside U Rwanda rwanyuzemo, basura ibice bitandukanye by’Urwibutso rwa Gisozi ruruhukiyemo imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside aherekejwe na CGP Evariste Murenzi Komiseri mukuru wa RCS, ashengurwa n’amahano yagwiriye abanyarwanda ariko nanone ashima uburyo bishatsemo ibisubizo bakaba babanye mumahoro bafite iterambere ryivugira ku muntu urugezemo, asoje gusura Urwibutso yakomereje kucyicaro Gikuru cy’Urwego rushinzwe Igorora RCS, yerekwa bimwe mubikorwa bitandukanye RCS imaze kugeraho mukugorora.

CG Phindile Nomvula, yashimye urwego rwiza RCS imaze kugeraho mukugora abakoze ibyaha, nk’ikoranabuhanga rikoreshwa mu nkiko IECMS, avuga ko hari byinshi byiza byo kwigira ku Rwanda.

Yagize ati” Mubyukuri hari byinshi by’ingenzi mu kugorora tugomba kwigira ku Rwanda kuko mwamaze gutera imbere mu kugorora, urugero ni nk’iri koranabuhanga rikoreshwa mu nkiko mu gucunga amadosiye y’abari mumagororero, uburyo bwo kumenya uwakoze icyaha biciye mugufata ibimenyetso byagihanga hirindwa akarengane, gucunga umutekano w’abantu bafunze hifashishijwe za camera, mubyukuri nabonye ibyo kwigira hano ari byinshi, kandi bizatubera umusingi wo kubaka iterambere iwacu biciye mu mikoranire myiza dufitanye.”

CGP Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru RCS mu ijambo rye yavuze ko bafitenye amasezerano y’imikoranire no gusangira ubumenyi n’ubunararibonye yasinywe mu mwaka wa 2022 agiye gutangira gushyirwa mubikorwa.

Yagize ati” Hari amasezerano ibihugu byombi byagiranye mu 2022, ko inzego zitandukanye zizajya zisangira ubumenyi bushingiye ku bibazo by’ubukungu na siyansi,ubucuruzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubukerarugendo, umuco, ubuzima, imibereho myiza, ubutabera, ubuhinzi, aya masezerano tugomba gutangira kuyabyaza umusaruro natwe duteza imbere urwego rushinzwe igorora dusangira ubumenyi n’ubunararibonye mubutabera.“

U Rwanda n’ubwami bwa Eswatini ni ibihugu bisanzwe bifitanye imikoranire myika kuko no muri uyumwaka muri Nyakanga 2023, hari itsinda ry’abashyitsi ryarusuye harimo umushinjacyaha mukuru ndetse n’Igikomangoma cy’umwami Muswati, Banasura RCS murwego rwo kungurana ubumenyi.

Kumunsi wa mbere basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi basobanurirwa amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo.
ubwo yari ageze ku cyicaro gikuru yakirwa nk’umunyacubahiro nkuko bigenda kubayozi basuye ikindi gihugu.
Asoje gusura RCS kucyicaro bafashe ifoto y’urwibutso n’abakozi ba RCS.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

1 week ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.