Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuyobozi w’amagereza muri Eswatini ari muruzinduko rw’akazi mu Rwanda, murwego rwo kurwigiraho iterambere rwagezeho mukugorora

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwabo babanje kwerekwa amateka ashaririye ya Jenoside U Rwanda rwanyuzemo, basura ibice bitandukanye by’Urwibutso rwa Gisozi ruruhukiyemo imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside aherekejwe na CGP Evariste Murenzi Komiseri mukuru wa RCS, ashengurwa n’amahano yagwiriye abanyarwanda ariko nanone ashima uburyo bishatsemo ibisubizo bakaba babanye mumahoro bafite iterambere ryivugira ku muntu urugezemo, asoje gusura Urwibutso yakomereje kucyicaro Gikuru cy’Urwego rushinzwe Igorora RCS, yerekwa bimwe mubikorwa bitandukanye RCS imaze kugeraho mukugorora.

CG Phindile Nomvula, yashimye urwego rwiza RCS imaze kugeraho mukugora abakoze ibyaha, nk’ikoranabuhanga rikoreshwa mu nkiko IECMS, avuga ko hari byinshi byiza byo kwigira ku Rwanda.

Yagize ati” Mubyukuri hari byinshi by’ingenzi mu kugorora tugomba kwigira ku Rwanda kuko mwamaze gutera imbere mu kugorora, urugero ni nk’iri koranabuhanga rikoreshwa mu nkiko mu gucunga amadosiye y’abari mumagororero, uburyo bwo kumenya uwakoze icyaha biciye mugufata ibimenyetso byagihanga hirindwa akarengane, gucunga umutekano w’abantu bafunze hifashishijwe za camera, mubyukuri nabonye ibyo kwigira hano ari byinshi, kandi bizatubera umusingi wo kubaka iterambere iwacu biciye mu mikoranire myiza dufitanye.”

CGP Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru RCS mu ijambo rye yavuze ko bafitenye amasezerano y’imikoranire no gusangira ubumenyi n’ubunararibonye yasinywe mu mwaka wa 2022 agiye gutangira gushyirwa mubikorwa.

Yagize ati” Hari amasezerano ibihugu byombi byagiranye mu 2022, ko inzego zitandukanye zizajya zisangira ubumenyi bushingiye ku bibazo by’ubukungu na siyansi,ubucuruzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubukerarugendo, umuco, ubuzima, imibereho myiza, ubutabera, ubuhinzi, aya masezerano tugomba gutangira kuyabyaza umusaruro natwe duteza imbere urwego rushinzwe igorora dusangira ubumenyi n’ubunararibonye mubutabera.“

U Rwanda n’ubwami bwa Eswatini ni ibihugu bisanzwe bifitanye imikoranire myika kuko no muri uyumwaka muri Nyakanga 2023, hari itsinda ry’abashyitsi ryarusuye harimo umushinjacyaha mukuru ndetse n’Igikomangoma cy’umwami Muswati, Banasura RCS murwego rwo kungurana ubumenyi.

Kumunsi wa mbere basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi basobanurirwa amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo.
ubwo yari ageze ku cyicaro gikuru yakirwa nk’umunyacubahiro nkuko bigenda kubayozi basuye ikindi gihugu.
Asoje gusura RCS kucyicaro bafashe ifoto y’urwibutso n’abakozi ba RCS.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

20 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.