Categories: Amakuru ya RCSSlider

Muri 12 bahawe imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika harimo abana batanu b’Igororero rya Nyagatare

Ubundi mu gihugu hose Igororero rya Nyagatare niryo gororerwamo ryagenewe kugororerwamo abana bataruzuza imyaka 18, baba barakoze ibyaha bitandukanye bikaba ngombwa ko inkiko zibakatira gukora ibihano by’ibyaha bakoze, gusa iyo bageze mu igororero bafatwa bitandukanye n’abakorera ibihano by’ibyaha bakoze mu yandi magororero ari ahandi hatandukanye, umwihariko bagira nuko iyo bagezemo hari amashuri abagenewe abafasha gukomeza kwiga amasomo atandukanye bijyanye n’igihano igihe kizamara, ayo mashuri akaba ari mu byiciro bitandukanye ariyo abanza n’icyiciro rusange ndetse hakiyongeraho n’imyuga kubazamaramo igihe gito.

Abo bana bakunze no kugira amahirwe kuko iyo basoje icyiciro rusange batsinze ibizamini bya bisoza icyo cyiciro, Nyakubahwa Perezida wa abaha imbabazi bagakomeza amashuri yabo mu cyiciro gikurikira kuko amashuri bagira kuri iryo Gororero agarukira mu mwaka wa gatatu w’amashuri y’isumbuye aricyo cyiciro rusange (Tronc commun), bikabafasha gusoza amashuri yabo bakigana n’abandi bana mu bindi bigo bitandukanye, hari kandi n’andi mahirwe ku baba bazamara igihe gito bijyanye n’igihano bakatiwe, abo nabo bigishwa imyuga itandukanye kugira ngo bazabashye kwibeshaho basubiye mu buzima busanzwe.

Muri iyo nama yatereanye kandi harekuwe by’agateganyo Abantu bari bafunzwe 802 ku iteka rya Minisitiri, bari barakatiwe n’inkiko ibihano bitandukanye, ariko ibi bikaba bitandukanye n’imbabazi zitangwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuko bo baba bababariwe ibyaha bari bakurikiranyweho.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

18 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.