Categories: Amakuru ya RCSSlider

Muri 12 bahawe imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika harimo abana batanu b’Igororero rya Nyagatare

Ubundi mu gihugu hose Igororero rya Nyagatare niryo gororerwamo ryagenewe kugororerwamo abana bataruzuza imyaka 18, baba barakoze ibyaha bitandukanye bikaba ngombwa ko inkiko zibakatira gukora ibihano by’ibyaha bakoze, gusa iyo bageze mu igororero bafatwa bitandukanye n’abakorera ibihano by’ibyaha bakoze mu yandi magororero ari ahandi hatandukanye, umwihariko bagira nuko iyo bagezemo hari amashuri abagenewe abafasha gukomeza kwiga amasomo atandukanye bijyanye n’igihano igihe kizamara, ayo mashuri akaba ari mu byiciro bitandukanye ariyo abanza n’icyiciro rusange ndetse hakiyongeraho n’imyuga kubazamaramo igihe gito.

Abo bana bakunze no kugira amahirwe kuko iyo basoje icyiciro rusange batsinze ibizamini bya bisoza icyo cyiciro, Nyakubahwa Perezida wa abaha imbabazi bagakomeza amashuri yabo mu cyiciro gikurikira kuko amashuri bagira kuri iryo Gororero agarukira mu mwaka wa gatatu w’amashuri y’isumbuye aricyo cyiciro rusange (Tronc commun), bikabafasha gusoza amashuri yabo bakigana n’abandi bana mu bindi bigo bitandukanye, hari kandi n’andi mahirwe ku baba bazamara igihe gito bijyanye n’igihano bakatiwe, abo nabo bigishwa imyuga itandukanye kugira ngo bazabashye kwibeshaho basubiye mu buzima busanzwe.

Muri iyo nama yatereanye kandi harekuwe by’agateganyo Abantu bari bafunzwe 802 ku iteka rya Minisitiri, bari barakatiwe n’inkiko ibihano bitandukanye, ariko ibi bikaba bitandukanye n’imbabazi zitangwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuko bo baba bababariwe ibyaha bari bakurikiranyweho.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.