Categories: Amakuru ya RCSSlider

Muri 12 bahawe imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika harimo abana batanu b’Igororero rya Nyagatare

Ubundi mu gihugu hose Igororero rya Nyagatare niryo gororerwamo ryagenewe kugororerwamo abana bataruzuza imyaka 18, baba barakoze ibyaha bitandukanye bikaba ngombwa ko inkiko zibakatira gukora ibihano by’ibyaha bakoze, gusa iyo bageze mu igororero bafatwa bitandukanye n’abakorera ibihano by’ibyaha bakoze mu yandi magororero ari ahandi hatandukanye, umwihariko bagira nuko iyo bagezemo hari amashuri abagenewe abafasha gukomeza kwiga amasomo atandukanye bijyanye n’igihano igihe kizamara, ayo mashuri akaba ari mu byiciro bitandukanye ariyo abanza n’icyiciro rusange ndetse hakiyongeraho n’imyuga kubazamaramo igihe gito.

Abo bana bakunze no kugira amahirwe kuko iyo basoje icyiciro rusange batsinze ibizamini bya bisoza icyo cyiciro, Nyakubahwa Perezida wa abaha imbabazi bagakomeza amashuri yabo mu cyiciro gikurikira kuko amashuri bagira kuri iryo Gororero agarukira mu mwaka wa gatatu w’amashuri y’isumbuye aricyo cyiciro rusange (Tronc commun), bikabafasha gusoza amashuri yabo bakigana n’abandi bana mu bindi bigo bitandukanye, hari kandi n’andi mahirwe ku baba bazamara igihe gito bijyanye n’igihano bakatiwe, abo nabo bigishwa imyuga itandukanye kugira ngo bazabashye kwibeshaho basubiye mu buzima busanzwe.

Muri iyo nama yatereanye kandi harekuwe by’agateganyo Abantu bari bafunzwe 802 ku iteka rya Minisitiri, bari barakatiwe n’inkiko ibihano bitandukanye, ariko ibi bikaba bitandukanye n’imbabazi zitangwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kuko bo baba bababariwe ibyaha bari bakurikiranyweho.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

1 hour ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

This website uses cookies.