Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru w’amagereza muri Zambia yasuye Minisiteri y’Umutekano mu gihugu aherekejwe na Komiseri Mukuru wa RCS

Sesonga Benjamin, umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’umutekano, wari uhagarariye Minisitiri w’Umutekano utabashije kuboneka kubera izindi nshingano, yabasobanuriye amavu n’amvuko y’iyi minisiteri, ibigo ifite mu nshingano  harimo n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Kugorora, inshingano zarwo kuko uru rwego ruri mu bigo iyi minisiteri ishinzwe kureberera.

Yagize ati” uru rwego ruri mu bigo tureberera kuko ruri mu nshingano zacu duhora turajwe inshinga nuko uru rwego rukomeza gutera imbere mubyo bakora bagorora Abantu bafunzwe babihamijwe ibyaha n’inkiko, babategura gusubira mu buzima busanzwe bitandukanye na mbere aho umuntu yafungwagwa akazasohoka ari ikibazo aho kugororoka yashimiye itsinda ryaturutse muri Zambia baje gusura u Rwanda anabasaba gukomeza uwo mubano bafitanye mugusangira ubumenyi mu kugorora.

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Kugorora CGP Juvenal Marizamunda, nawe yongeye gufata umwanya avuga ku mubano bafitanye ndetse anavuga ko yifuza ko wazakomeza.

Yagize ati”Urwego rw’amagereza muri Zambia dufitanye umubano mwiza, duheruka kubasura batwakira neza, badutembereza ibice bitandukanye twasanze barateye imbere mu buhinzi bijyanye n’ubutaka bunini bafite, gusa natwe hari ibindi batarageraho kandi by’ingenzi byabafasha iwabo nko mu ikoranabuhanga mu gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe ndetse n’ikoreshwa rya Biogaz mu kurengera ibidukikije, ndagira ngo mbabwire kandi ko tugiye gutangiza amasomo ya ba ofisiye bato vuba aha kandi turizera ko abazakurikiraho bazakorana n’abo mu gihugu cyanyu mu rwego rwo gusangira ubumenyi nkuko muheruka kutwakirira abacu batanu basoje amasomo abashyira mu cyicyiro cya ba Ofisiye bato n’abarimu babiri ni ibintu byadushimishije kandi turifuza ko iyo mikoranire ikomeza.”

 CG S.S.Fredrick Chilukutu Komiseri Mukuru w’amagereza muri Zambia (ZCS) yavuze ko yashimishijwe n’uburyo bakiriwe kandi ashimangira ko umubano hagati y’ibihugu byombi uzakomeza gukura nkuko abayobozi b’ibyo bihugu baheruka kugirana amasezerano hagati yabo bagasezerana kugirana imikoranire myiza mu nzego zose.

Yagize ati “ twifuza ko umubano wacu nkuko Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema aheruka kugirana amasezerano na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame bagasererana kugira imikoranire hagati y’ibihugu byombi mu nzego zose, ni muri urwo rwego natwe twifuza kwagura imikoranire mu rwego rwo kugorora abakoze ibyaha, hari byinshi twabonye mwagezeho natwe twifuza gukoresha iwacu, nk’ikoreshwa rya IECMS ikoranabuhanga mu gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe ndetse n’ikoreshwa rya Biogaz muri za gereza mu kurengera ibidukikije twasanze ari ibintu byiza kandi binadufitiye akamaro duzakomeza gukorana kandi umubano wacu ntuzasubira inyuma.”

Basoje uruzinduko bagiriye kuri Minisiteri y’Umutekano mu gihugu batemberejwe inzu ndagangamurage y’amateka yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi berekwa uko urugamba rwagenze n’uburyo inkotanyi zitanze zikarokora abahigwaga bazira uko baremwe nta ruhare bibigizemo bikarangira batsinze urugamba kubera ubwitange bari bafite mu kurengera abanyarwanda ari nabyo byatumye kugeza ubu rugeze ku iterambere rishimishije.

kuri Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu bagize umwanya wo kuganira banerekwa n’inshingano z’iyo minisiteri.
Habaye umwanya wo kuganira uburyo inzego zikora muri buri gihugu ndetse banemeza ko bazakomeza gusangira ubumenyi.
Ni itsinda ry’abantu bane baje gusuru imikorere y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Kugorora cyane mu ikoranabuhanga rya IECMS.
Abakomiseri uko ari babiri n’umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’umutekano bafashe ifoto y’urwibutso.
Bafashe ifoto y’urwibutso nyuma y’ibiganiro byiza bagiranye impande zombi.
Basuye ingoro y’amateka basobanurirwa byinshi ku rugamba rwo guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994.
Beretswe uko urugamba rwagiye rugenda mu bice bitandukanye mu bihe bitari byoroshye.
Iki ni ikibumbano cyerekana aho imbunda yari iteretse ihanganye n’abasirikare ba Leta yariho ishigikiye ubwicanyi bwakorwaga.
Aha basobanurirwaga uko urugamba rwategurwaga hakoreshejwe uburyo bwo kurwiga rushushanyije.
Basoje gusura ingoro y’amateka bafashe ifoto y’urwibutso.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.