Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri Mukuru w’amagereza muri Zambia yasuye Minisiteri y’Umutekano mu gihugu aherekejwe na Komiseri Mukuru wa RCS

Sesonga Benjamin, umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’umutekano, wari uhagarariye Minisitiri w’Umutekano utabashije kuboneka kubera izindi nshingano, yabasobanuriye amavu n’amvuko y’iyi minisiteri, ibigo ifite mu nshingano  harimo n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Kugorora, inshingano zarwo kuko uru rwego ruri mu bigo iyi minisiteri ishinzwe kureberera.

Yagize ati” uru rwego ruri mu bigo tureberera kuko ruri mu nshingano zacu duhora turajwe inshinga nuko uru rwego rukomeza gutera imbere mubyo bakora bagorora Abantu bafunzwe babihamijwe ibyaha n’inkiko, babategura gusubira mu buzima busanzwe bitandukanye na mbere aho umuntu yafungwagwa akazasohoka ari ikibazo aho kugororoka yashimiye itsinda ryaturutse muri Zambia baje gusura u Rwanda anabasaba gukomeza uwo mubano bafitanye mugusangira ubumenyi mu kugorora.

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Kugorora CGP Juvenal Marizamunda, nawe yongeye gufata umwanya avuga ku mubano bafitanye ndetse anavuga ko yifuza ko wazakomeza.

Yagize ati”Urwego rw’amagereza muri Zambia dufitanye umubano mwiza, duheruka kubasura batwakira neza, badutembereza ibice bitandukanye twasanze barateye imbere mu buhinzi bijyanye n’ubutaka bunini bafite, gusa natwe hari ibindi batarageraho kandi by’ingenzi byabafasha iwabo nko mu ikoranabuhanga mu gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe ndetse n’ikoreshwa rya Biogaz mu kurengera ibidukikije, ndagira ngo mbabwire kandi ko tugiye gutangiza amasomo ya ba ofisiye bato vuba aha kandi turizera ko abazakurikiraho bazakorana n’abo mu gihugu cyanyu mu rwego rwo gusangira ubumenyi nkuko muheruka kutwakirira abacu batanu basoje amasomo abashyira mu cyicyiro cya ba Ofisiye bato n’abarimu babiri ni ibintu byadushimishije kandi turifuza ko iyo mikoranire ikomeza.”

 CG S.S.Fredrick Chilukutu Komiseri Mukuru w’amagereza muri Zambia (ZCS) yavuze ko yashimishijwe n’uburyo bakiriwe kandi ashimangira ko umubano hagati y’ibihugu byombi uzakomeza gukura nkuko abayobozi b’ibyo bihugu baheruka kugirana amasezerano hagati yabo bagasezerana kugirana imikoranire myiza mu nzego zose.

Yagize ati “ twifuza ko umubano wacu nkuko Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema aheruka kugirana amasezerano na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame bagasererana kugira imikoranire hagati y’ibihugu byombi mu nzego zose, ni muri urwo rwego natwe twifuza kwagura imikoranire mu rwego rwo kugorora abakoze ibyaha, hari byinshi twabonye mwagezeho natwe twifuza gukoresha iwacu, nk’ikoreshwa rya IECMS ikoranabuhanga mu gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe ndetse n’ikoreshwa rya Biogaz muri za gereza mu kurengera ibidukikije twasanze ari ibintu byiza kandi binadufitiye akamaro duzakomeza gukorana kandi umubano wacu ntuzasubira inyuma.”

Basoje uruzinduko bagiriye kuri Minisiteri y’Umutekano mu gihugu batemberejwe inzu ndagangamurage y’amateka yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi berekwa uko urugamba rwagenze n’uburyo inkotanyi zitanze zikarokora abahigwaga bazira uko baremwe nta ruhare bibigizemo bikarangira batsinze urugamba kubera ubwitange bari bafite mu kurengera abanyarwanda ari nabyo byatumye kugeza ubu rugeze ku iterambere rishimishije.

kuri Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu bagize umwanya wo kuganira banerekwa n’inshingano z’iyo minisiteri.
Habaye umwanya wo kuganira uburyo inzego zikora muri buri gihugu ndetse banemeza ko bazakomeza gusangira ubumenyi.
Ni itsinda ry’abantu bane baje gusuru imikorere y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Kugorora cyane mu ikoranabuhanga rya IECMS.
Abakomiseri uko ari babiri n’umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’umutekano bafashe ifoto y’urwibutso.
Bafashe ifoto y’urwibutso nyuma y’ibiganiro byiza bagiranye impande zombi.
Basuye ingoro y’amateka basobanurirwa byinshi ku rugamba rwo guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994.
Beretswe uko urugamba rwagiye rugenda mu bice bitandukanye mu bihe bitari byoroshye.
Iki ni ikibumbano cyerekana aho imbunda yari iteretse ihanganye n’abasirikare ba Leta yariho ishigikiye ubwicanyi bwakorwaga.
Aha basobanurirwaga uko urugamba rwategurwaga hakoreshejwe uburyo bwo kurwiga rushushanyije.
Basoje gusura ingoro y’amateka bafashe ifoto y’urwibutso.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.