Categories: Amakuru ya RCS

Komiseri Mukuru wa RCS CGP Juvenal Marizamunda yasuye gereza ya Rusizi, anasura ubutaka izimurirwaho mu karere ka Nyamasheke

Rusizi kuwa 17 Ugushyingo 2021

Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri Komiseri Mukuru  wa RCS yagiriye kuri gereza ya Rusizi, kuva kuwa 16 kugeza kuwa 17 Ugushyingo 2021, rwari  rugamije kureba ahateganyijwe  kuzimurirwa iyo gereza kuko yubatswe ku mupaka w’igihugu cy’abaturanyi cya  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no gusura Abacungagereza n’abandi bakozi bakorera kuri iyo gereza.

Ku munsi wa mbere w’urwo ruzinduko, Komiseri Mukuru wa RCS yasuye ubutaka   buzubakwamo gereza buherereye mu Karere ka Nyamasheke, kuko aho yubatse biteganyijwe ko igomba kuhimurwa bitewe n’uko yegereye umupaka cyane, ku mpamvu z’umutekano w’abayigororerwamo, nk’uko Leta y’u Rwanda yabyifuje. ndetse anasura na bimwe mu bikorwa nyongeramusaruro byiyo gereza.

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe, CGP Juvenal Marizamunda, yaganirirye n’abakozi b’iyo gereza muri rusange, aho yababwiye ku bijyanye n’umushinga wo kwimura gereza ikava mu karere ka Rusizi ikimurirwa mu karere ka Nyamasheke, aho bahawe ubutaka bwo kubakamo iyo gereza.

Mu mpanuro yahaye abacungagereza bo kuri gereza ya Rusizi, yabibukije inshingano zabo zo kurinda ndetse no kugorora abahamwe n’ibyaha bahacumbikiwe.

Yagize ati:”mujye mwibuka ko inshingano zanyu ari ukugorora, mu by’ukuri, iyo ufashije umuntu akazasoza ibihano yahawe yaragororotse ubona hari impinduka , nawe biragushimisha ni yo mpamvu dukwiye kwigisha kurusha guhana kuko na leta yifuza kugira abaturage bajijutse.”

Ikindi kandi yabasabye gukunda akazi bakagira ubufatanye mu kazi bagakora kinyamwuga, ababwira ko hari amahirwe menshi abategereje ku bakakora neza ,anabashishikariza kugira imyitwarire myiza kuko ari ryo zingiro ry’ibintu byose.

Uru ruzinduko yari yagiriye kuri gereza ya Rusizi, rwari urwa mbere ahagiriye kuva yagirwa umuyobozi Mukuru wa  RCS, kuwa 14, Mata 2021, ubwo yahabwaga ishingano na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda  zo kuyobora urwo rwego.

rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.