Categories: Amakuru ya RCSSlider

DCGP Rose Muhisoni ari muri Ghana mu nama ya komite nyobozi y’ibihugu bya Afurika bifite inshingano zo kugorora ACSA

Iyi nama iri kuba mu rwego rwo gushakira hamwe ibisubizo no kwimakaza umubano hagati y’ibyo bihugu bifite inshingano mu kugorora abakoze ibyaha, bagasubira mu buzima busanzwe banarebera hamwe bimwe mu bibazo bikunze kugaragara muri uwo mwuga wo kugorora cyane mu bihugu bya Afurika hagafatwa imyanzuro y’uburyo byagenda bikemuka.

ACSA ubusanzwe ni ishyirahamwe  ibihugu ryagiyeho mu rwego rwo kujya barebera hamwe ibibazo bikomeye mu kugorora bikunze kugaragara mu magereza yo muri Afurika, rifite inshingano zo kugorora bagamije imibereho myiza y’abari muri za gereza, bagamije kunoza umwuga wo kugorora abo bashinzwe bijyanye n’ubukungu ndetse n’umuco mu bihugu by’Afurika, ku bufatanye na Leta ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta.

Muri iyi nama hazafatirwamo ibyemezo bya gahunda n’ibikorwa, ingamba bijyanye n’icyerekezo cya ACSA muri gahunda yayo ya (2020-2025), ndetse n’uburyo bwo guha abanyamuryango impamyabumenyi ku bihugu binyamuryango, aho mu busanzwe iyi nama iba rimwe mu myaka ibiri ikabera muri kimwe mu bihugu bigize umugabane,ku buryo busimburana,Kugeza ubu igihugu cya  Mozambique nicyo cyari ku mwanya w’ubuyobozi, kikungirizwa n’u Rwanda.

Mu bihugu byitabiriye iyi nama y’akanama ya komite nyobozi ni Mozambique, Uganda, Senegal, Kenya, Ubwami bwa Eswatini na Ghana ari nacyo gihugu cyayakiriye.

Ni inama iba rimwe mu myaka ibiri ibihugu biyirimo byose bikitabira.
Ibihugu byitabiriye iyi nama ya komite Nyobozi ni ibifite inshingano z’Ubuyobozi.
DCGP Rose Muhisoni mu nama ya komite Nyobozi muri ACRA/GHANA niwe wahagarariye u Rwanda.
Aba ni abitabiriye inama ya Komite Nyobozi ya ACSA mu nama iri kubera muri GHANA.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.