Iyi nama iri kuba mu rwego rwo gushakira hamwe ibisubizo no kwimakaza umubano hagati y’ibyo bihugu bifite inshingano mu kugorora abakoze ibyaha, bagasubira mu buzima busanzwe banarebera hamwe bimwe mu bibazo bikunze kugaragara muri uwo mwuga wo kugorora cyane mu bihugu bya Afurika hagafatwa imyanzuro y’uburyo byagenda bikemuka.
ACSA ubusanzwe ni ishyirahamwe ibihugu ryagiyeho mu rwego rwo kujya barebera hamwe ibibazo bikomeye mu kugorora bikunze kugaragara mu magereza yo muri Afurika, rifite inshingano zo kugorora bagamije imibereho myiza y’abari muri za gereza, bagamije kunoza umwuga wo kugorora abo bashinzwe bijyanye n’ubukungu ndetse n’umuco mu bihugu by’Afurika, ku bufatanye na Leta ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta.
Muri iyi nama hazafatirwamo ibyemezo bya gahunda n’ibikorwa, ingamba bijyanye n’icyerekezo cya ACSA muri gahunda yayo ya (2020-2025), ndetse n’uburyo bwo guha abanyamuryango impamyabumenyi ku bihugu binyamuryango, aho mu busanzwe iyi nama iba rimwe mu myaka ibiri ikabera muri kimwe mu bihugu bigize umugabane,ku buryo busimburana,Kugeza ubu igihugu cya Mozambique nicyo cyari ku mwanya w’ubuyobozi, kikungirizwa n’u Rwanda.
Mu bihugu byitabiriye iyi nama y’akanama ya komite nyobozi ni Mozambique, Uganda, Senegal, Kenya, Ubwami bwa Eswatini na Ghana ari nacyo gihugu cyayakiriye.
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.