Ni umwiherero witabiriwe n’abayobozi bakuru ba RCS, ndetse n’abatumirwa b’abafatanyabikorwa aho bazigira hamwe iterambere ry’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bagamije gushyira mu bikorwa inshingano nyamukuru bafite yo kugorora abakoze ibyaha bakabihanirwa n’inkiko, bagategurwa gusubira mu muryango nyarwanda ari abantu bafitiye umumaro imiryango yabo na sosiyete Nyarwanda muri rusange.
CG Everiste Murenzi afungura uyu mwiherero,yibukije abakozi inshingano zabo bwite ndetse n’iza RCS zirimo ko RCS ifite inshingano zikomeye zo kugorora binyuze mu gucunga magororero no gutanga serivisi zinoze, kurengera uburenganzira bw’abagororwa, no kubategura neza kugira ngo basubire mu buzima busanzwe bafite icyizere n’ubushobozi bwo kwirinda ibyaha no kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Yakomeje ababwira ko RCS ifite inshingano zo guhindura imyumvire n’imyitwarire y’abagororwa, kubatoza indangagaciro zubaka igihugu, no kubafasha kongera kwiyubaka mu buryo buboneye. Izi nshingano zose zigamije kubaka umuturage mushya, ufite indangagaciro, ubumenyi n’imyitwarire iboneye, bityo igihugu kikagira umutekano urambye.
CG Murenzi yibukije abitabiriye uyu mwiherero ko kugirango buzuze izi nshingano basabwa kugira ubunyamwuga mu byo bakora byose ndetse no gukorera hamwe, buri wese akamenya inshingano afite. Yababwiye ko uyu mwiherero uje ari igisubizo kuko abakozi ba RCS ndetse n’abafanyabikorwa bayo bazasangira ibitekerezo bigamije kuyiteza imbere bityo ikagera ku rwego bifuza.
Yagize ati:”Kurangiza izi nshingano zikomeye bidusaba gukorera hamwe, tugakora igenamigambi ry’ibikenewe ndetse tugafatira ingamba hamwe zo kunoza inshingano zacu, buri wese yumva neza umusanzu we.”
“Uyu mwiherero rero uje nka kimwe mu bisubizo, aho abakozi ba RCS bafatanyije n’abafatanyabikorwa bafite ubunararibonye bazatanga ibiganiro
nyunguranabitekerezo ku ngingo zirimo Politiki zitandukanye z’Igihugu, ikoranabuhanga, gucunga umutekano, gucunga imari ya Leta, kongera umusaruro, ubuzima bwo mu mutwe, no kugorora bigamije kutwongerera ubumenyi n’ubushobozi bizadufasha kugera kuri RCS twifuza.”
Uyu mwiherero w’iminsi itatu, ugizwe n’abayobozi b’amagororero atandukanye baturutse hirya no hino mu gihugu abayobozi bakuriye amashami atandukanye muri RCS ndetse n’abandi baturutse ku Cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’ U Rwanda rushinzwe Igorora. Bitenyijwe ko uzasozwa na Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta kuwa 25 Nyakanga 2026.
Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
This website uses cookies.