CG Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ari muruzinduko rw’akazi muri Seyisheli

Uru ruzinduko rugamije gusuzumira hamwe amasezerano yo gusangira amahugurwa y’abakozi hagati y’inzego zombi nk’uko byari byifujwe na Komiseri w’Amagereza muri Seyisheri ubwo aheruka mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda, umwaka watambutse muri Nzeri 2024. Bazaganira kandi kuburyo Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwatangira gusangiza ubunararibonye mu kuvugurura gahunda z’amagororero n’imyubakire igezweho mu rwego kubungabunga umutekano w’amagororero mu gihugu cya Seyisheri.

Ku munsi wa mbere yasuye Seyisheri, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora CG Evariste Murenzi yakiriwe na Komiseri w’Amagereza muri Seyisheri, Madamu Janet Gorges ibiganiro byabo byarebaga cyane mu nyungu z’inzego zombi harimo n’ubufatanye mu bikorwa by’umutekano n’ibikoresho bya gereza n’amagororero, gahunda yo kwigisha no guhugura abari mubihano,gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abarangije ibihano,  gutanga amahugurwa no kongerera ubushobozi abakozi b’ibi bigo byombi n’ibindi.

CG Evariste Murenzi kandi yasuye Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu Hon. Erol Fonseka, bagirana ibiganiro byibanze ku kwagura imikoranire ikarushaho kuba myiza muri serivisi z’igorora nka kimwe mu bigo by’ingenzi mu kubahiriza amategeko.

Mu rwego rwo kumenya imicungire n’imikorere myiza y’amagereza, basuwe Gereza ebyiri zitandukanye harimo n’ifungiyemo abatarahamwa n’ibyaha n’indi irimo abamaze gukatirwa. Biteganijwe kandi ko urugendo nk’urwo ruzakorerwa muri gereza ya Montagne Posee no muri gereza ifungiyemo abakoze ibyaha bikomeye (High Security Facility /Bonn Espoir) hamwe n’ahandi, kugira ngo basangire ubunararibonye mu mikorere myiza y’amagororero n’amagereza.

Leta y’u Rwanda isanzwe ifitanye umubano mwiza n’iki gihugu kuko nko kuva ku ya 28 Kamena kugeza ku ya 1 Nyakanga 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasuye Seyisheli maze hasinywa amasezerano atandatu (6), ajyanye n’imikoranire no gusangira ubumenyi hagati y’ibihugu byombi. Kubw’imibanire myiza kandi kuwa 11 Kanama 2024, ubwo Umukuru w’Igihugu yarahiriraga ishingano zo kuyobora igihugu Perezida wa Seyisheli ari mubitabiriye uwo muhango.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.