CG Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ari muruzinduko rw’akazi muri Seyisheli

Uru ruzinduko rugamije gusuzumira hamwe amasezerano yo gusangira amahugurwa y’abakozi hagati y’inzego zombi nk’uko byari byifujwe na Komiseri w’Amagereza muri Seyisheri ubwo aheruka mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda, umwaka watambutse muri Nzeri 2024. Bazaganira kandi kuburyo Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwatangira gusangiza ubunararibonye mu kuvugurura gahunda z’amagororero n’imyubakire igezweho mu rwego kubungabunga umutekano w’amagororero mu gihugu cya Seyisheri.

Ku munsi wa mbere yasuye Seyisheri, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora CG Evariste Murenzi yakiriwe na Komiseri w’Amagereza muri Seyisheri, Madamu Janet Gorges ibiganiro byabo byarebaga cyane mu nyungu z’inzego zombi harimo n’ubufatanye mu bikorwa by’umutekano n’ibikoresho bya gereza n’amagororero, gahunda yo kwigisha no guhugura abari mubihano,gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abarangije ibihano,  gutanga amahugurwa no kongerera ubushobozi abakozi b’ibi bigo byombi n’ibindi.

CG Evariste Murenzi kandi yasuye Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu Hon. Erol Fonseka, bagirana ibiganiro byibanze ku kwagura imikoranire ikarushaho kuba myiza muri serivisi z’igorora nka kimwe mu bigo by’ingenzi mu kubahiriza amategeko.

Mu rwego rwo kumenya imicungire n’imikorere myiza y’amagereza, basuwe Gereza ebyiri zitandukanye harimo n’ifungiyemo abatarahamwa n’ibyaha n’indi irimo abamaze gukatirwa. Biteganijwe kandi ko urugendo nk’urwo ruzakorerwa muri gereza ya Montagne Posee no muri gereza ifungiyemo abakoze ibyaha bikomeye (High Security Facility /Bonn Espoir) hamwe n’ahandi, kugira ngo basangire ubunararibonye mu mikorere myiza y’amagororero n’amagereza.

Leta y’u Rwanda isanzwe ifitanye umubano mwiza n’iki gihugu kuko nko kuva ku ya 28 Kamena kugeza ku ya 1 Nyakanga 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasuye Seyisheli maze hasinywa amasezerano atandatu (6), ajyanye n’imikoranire no gusangira ubumenyi hagati y’ibihugu byombi. Kubw’imibanire myiza kandi kuwa 11 Kanama 2024, ubwo Umukuru w’Igihugu yarahiriraga ishingano zo kuyobora igihugu Perezida wa Seyisheli ari mubitabiriye uwo muhango.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.