CG Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ari muruzinduko rw’akazi muri Seyisheli

Uru ruzinduko rugamije gusuzumira hamwe amasezerano yo gusangira amahugurwa y’abakozi hagati y’inzego zombi nk’uko byari byifujwe na Komiseri w’Amagereza muri Seyisheri ubwo aheruka mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda, umwaka watambutse muri Nzeri 2024. Bazaganira kandi kuburyo Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwatangira gusangiza ubunararibonye mu kuvugurura gahunda z’amagororero n’imyubakire igezweho mu rwego kubungabunga umutekano w’amagororero mu gihugu cya Seyisheri.

Ku munsi wa mbere yasuye Seyisheri, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora CG Evariste Murenzi yakiriwe na Komiseri w’Amagereza muri Seyisheri, Madamu Janet Gorges ibiganiro byabo byarebaga cyane mu nyungu z’inzego zombi harimo n’ubufatanye mu bikorwa by’umutekano n’ibikoresho bya gereza n’amagororero, gahunda yo kwigisha no guhugura abari mubihano,gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abarangije ibihano,  gutanga amahugurwa no kongerera ubushobozi abakozi b’ibi bigo byombi n’ibindi.

CG Evariste Murenzi kandi yasuye Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu Hon. Erol Fonseka, bagirana ibiganiro byibanze ku kwagura imikoranire ikarushaho kuba myiza muri serivisi z’igorora nka kimwe mu bigo by’ingenzi mu kubahiriza amategeko.

Mu rwego rwo kumenya imicungire n’imikorere myiza y’amagereza, basuwe Gereza ebyiri zitandukanye harimo n’ifungiyemo abatarahamwa n’ibyaha n’indi irimo abamaze gukatirwa. Biteganijwe kandi ko urugendo nk’urwo ruzakorerwa muri gereza ya Montagne Posee no muri gereza ifungiyemo abakoze ibyaha bikomeye (High Security Facility /Bonn Espoir) hamwe n’ahandi, kugira ngo basangire ubunararibonye mu mikorere myiza y’amagororero n’amagereza.

Leta y’u Rwanda isanzwe ifitanye umubano mwiza n’iki gihugu kuko nko kuva ku ya 28 Kamena kugeza ku ya 1 Nyakanga 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasuye Seyisheli maze hasinywa amasezerano atandatu (6), ajyanye n’imikoranire no gusangira ubumenyi hagati y’ibihugu byombi. Kubw’imibanire myiza kandi kuwa 11 Kanama 2024, ubwo Umukuru w’Igihugu yarahiriraga ishingano zo kuyobora igihugu Perezida wa Seyisheli ari mubitabiriye uwo muhango.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.