Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abayobozi bakuru b’amagereza muri Zambia basuye Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora mu rwego rwo gusangira ubumenyi mu kugorora

Abashyitsi basobanuriwe uburyo RCS yateye imbere mu kurengera ibidukikije ikoresha biogaz na burikete mu rwego rwo kubungabunga amashyamba n’ibidukikije, aho ubu mu magororero yose mu gihugu atagikoresha inkwi ari biogas kuri 55% na burikete 45%, ibi byagabanyijwe itemwa ry’amashyamba kuko ayatemwaga buri mwaka ajya gucanwa muri mu magororero yari amahekitari menshi bikaba byaragiraga ingaruka mu kwangiza ibidukikije, beretswe kandi uburyo bishatsemo ibisubizo mu gihe cya COVID-19 gahunda z’inkiko zigakomeza abagombaga kujya mu nkiko bakaburana batavuye aho bari hakoreshejwe ikoranabuhanga imirimo y’inkiko igakomeza ndetse bikaba byarabaye igisubizo gikomeye kuko ubu buryo bushobora kuzanakomeza gukoreshwa.

CGP Juvenal Marizamunda Komiseri Mukuru wa RCS, yavuze ko igihugu cya Zambia nicy’u Rwanda bafitanye imikoranire myiza cyane mu rwego rwo kugorora anavuga ko bazakomeza iyo mikoranire kuko buri gihugu gifite icyo cyigira ku kindi mu rwego rwo kugorora abakoze ibyaha.

Yagize ati” Igihugu cya Zambia dufitanye imikoranire myiza, uru ni uruzinduko rwabo rwa kabiri badusura ndetse nanjye mperutse kujya kubasura, iki gihugu hari ibyo kitwigiraho natwe hari ibyo tubigiraho mu rwego rwo kugorora, urugero urebye nko mu buhinzi iwabo bateye imbere binajyana n’ubutaka bunini bagira, waza iwacu natwe tukagira Biogaz na IECMS uburyo bw’ikoranabuhanga mu gucunga amadosiye y’abakoze ibyaha no korohereza ababurana bidasabye kujya mu nkiko bakabubanira aho bari, nka Biogaz tugeze ku rwego rwiza aho ubu tutagikoresha inkwi, ibi ni ibintu byiza kuko biri mu rwego rwo kurengera ibidukikije ndetse no kurengera ubuzima bwa muntu kuko n’imyotsi ishobora gutera uburwayi.”

Yakomeje avuga ko mu mikoranire myiza hari na ba Ofisiye batanu bakoreye amahugurwa abagira aba ofisiye  ndetse n’abarimu babiri bagiyeyo andi masomo atandukanye kandi ko ubwo bufatanye butazahagarara kuko imikoranire iba ikenewe ahantu hose.

CG Chilukutu S.S. Fredrick Umuyobozi Mukuru w’amagereza muri Zambia yavuze ko u Rwanda ari igihugu bafitanye ubushuti kandi bafite byinshi bagomba kubigiraho cyane mu ikoranabuhanga rya IECMS na Biogaz.

Yagize ati” u Rwanda ni igihugu cyiza kandi dukunda, nk’abo duhuje ibyo dukora cyane mu kugorora abanyabyaha, dufite byinshi duhuriraho kandi twanakwigiranaho mu rwego rwo guteza imbere urwego rwo kugorora, dukeneye gusobanukirwa byinshi ku ikoreshwa rya IECMS ikoranabuhanga mugucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe, hari kandi Biogaz umushinga mwiza wo kubungabunga ibidukikije aho umwanda ubyazwa umusaruro biagatanga ingufu zikoreshwa imirimo itandukanye, nko guteka, gutanga umuriro ndetse bikanagabanya kwangiza ibidukikije hakiyongeraho n’isuku, turizera ko uru ruzinduko ruzaba ingirakamaro kuritwe.”

Biteganyijwe ko mu minsi bazamara bazasura  urwibutso rwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 I Kigali ku Gisozi, ku munsi wa mbere nyuma yo guhura n’abayobozi ba RCS, basure inzu ndangamurage y’amateka yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi bakazasoreza ku igororero rya Nyarugenge bavuye gusura irya Rubavu.

Abashyitsi baganirijwe ku ikoranabuhanga mu gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe IECMS ndetse n’ingufu za Biogaz.

Baganiriye ku mikorere ya Biogaz mu kurengera ibidukikije no gufata imyanda bakayibyaza ingufu.

Bageze ku Cyicaro Gikuru cya RCS bakiriwe na Komiseri mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora CGP Juvenal Marizamunda.

Bafashe ifoto y’urwibutso nyuma yo y’ibiganiro byiza bagiranye bijyanye no kwita ku muntu ufunzwe bamutegura gusubira mu buzima busanzwe.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.