Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi b’inkiko bari mubukangurambaga bwo kurwanya ruswa mumagororero yose yo mu Rwanda

Nyuma yo kuzenguruka Amagororero yose, ubu bukangurambaga bwasorejwe ku cyicaro gikuru cy’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, tariki ya 15 Gashyantare 2024, aho abakozi  b’inkiko batangaga ibiganiro kububi bwa ruswa baganiriye n’abakozi n’abayobozi ba RCS bakorera kucyicaro, mu rwego rwo kurebera hamwe ubufatanye mu mikoranire n’imikorere no guteza imbere ubutabera buhabwa abantu bafunzwe  n’uburyo uburenganzira bwabo bwubahirizwa.

Abakozi b’inkiko bayobowe na Perezida w’urukiko rw’ubujurire Rukundakuvuga Francois Regis, bakiriwe na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Evariste Murenzi, baganira ku mikorere ya Kinyamwuga  n’imikoranire myiza ikwiye kwimakazwa mu gukemura ibibazo  by’abantu bafunzwe, kugira ngo babone ubutabera bwihuse ndetse banafashwe gusoza ibihano  bakatiwe n’inkiko mu buryo buteganywa n’amategeko.

CGP Murenzi, yashimiye ubufatanye bwiza inkiko zigirana na RCS, mugutanga ubutabera buboneye hubahirizwa uburenganzira bwa muntu.

Yagize ati” Ubufatanye bw’izi nzego zacu zombi RCS  n’inkiko, bufasha cyane  mu gutanga ubutabera buboneye ku bagororwa n’Abantu bafunzwe no  gushyira  mu bikorwa icyo amategeko  ateganya ku bahawe ubutabera binyuze mu nzira y’amategeko hubahirizwa uburenganzira bwa muntu.”

Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire mu Rwanda, Rukundakuvuga Francois Regis, yavuze ko ubusanzwe imikoranire y’Inkiko na RCS ari myiza, asaba ko iyo mikoranire yakomeza.

Yagize ati:” Ndashima uburyo dukorana umunsi kumunsi, ndasaba kandi ko abakozi b’inkiko n’Abakozi b’Umwuga b’Urwego kurushaho guhana amakuru kugira ngo ahakiri ibibazo bishakirwe uburyo bibonerwa umuti bikemurwe,ubutabera butangwe uburenganzira bw’abagororwa n’abantu bafunzwe bwubahirizwe.

Muri iki kiganiro kandi harebewe hamwe uburyo hari imbogamizi zigomba gukemuka n’ibibazo bitandukanye bikigaragara birimo, Ibijyanye n’amadosiye y’Abagororwa n’abantu bafunzwe, ibikoresho nk’Imodoka zitwara Abagororwa zidahagije,Sisiteme ya IECMS, ikoranabuhanga rya Video Conference n’ibindi n’ibindi bikeye ibisubizo.

Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire mu Rwanda, Rukundakuvuga Francois Regis, yasabye inzego zose kujya bahana amakuru.
CGP Evariste Murenzi, yashimye imikoranire inkiko zigirana na RCS, kandi ko aribyo bizatuma ubutabera buboneye bugera kubabukeneye.
DCGP Rose Muhisoni nawe yari yitabiriye ibi biganiro bigamije kurwanya ruswa n’akarengane.
Nyuma y’ibiganiro habayeho gufata ifoto y’urwibutso kubari bitabiriye ibiganiro.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.