Categories: Amakuru ya RCS

Abagororwa bigiye imyuga muri gereza baravuga ko izabafasha kwiteza imbere basoje ibihano

Abavuga ibi ni imfungwa n’abagororwa  bamaze kwigishwa imyuga n’ubumenyingiro kuri gereza  zitandukanye izabafasha kwibeshaho nyuma yo gusoza ibihano bakatiwe n’inkiko bigendanye n’ibyaha bakoze.

Kera wasangaga gereza ari ahantu hafatwa nk’ihaniro gusa ntawumvaga ko hari ikintu kizima ushobora kuhigira, ariko uko isi igenda itera imbere hari byinshi bigenda bihinduka bigendanye na gahunda leta iba ifitiye Abanyarwanda muri rusange bigamije imibereho myiza yabo, mu kubategurira ejo hazaza heza nko kugira umuturage ujijutse, kumwigisha imyuga itandukanye ndetse n’ibindi bikorwa byinshi bibakorerwa mu kubateza imbere aho n’abari muri gereza batasigaye inyuma kuko naho hasigaye hari amashuri abafasha kumenya imyuga itandukanye.

Murekatete Alice umugororwa gereza ya Musanze, umwe mu bize imyuga itandukanye ari muri gereza aravuga ku kamaro umwuga yahigiye uzamumarira nyuma yo gusoza ibihano.

Yavuze  ati:”naje muri gereza nje gukora ibihano kuko nari narakoze icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge, ngezemo nagize amahirwe nsanga bigisha imyuga, nahise ntangira kwiga kudoda imyenda ndangije nkurikizaho no gutunganya imisatsi, ubu nzi imyuga ibiri nigiye hano ntakiguzi ntanze kuko batwigishiriza Ubuntu ntawe bishyuza, nkaba nshima leta ko itwitaho nubwo tuba twarakoze ibyaha itareka kudukurikirana kuko ibi bizatuma twiteza imbere nidusoza ibihano, tukaba tutasubira mubyaha twakose kuko tuzaba dufite ibyo dukora kandi bitwinjiriza.”

Undi mugororwa kuri gereza ya Rubavu,Rukagana Nazer wize gukora ibikomoka ku mpu nawe aravuga ko nyuma yo gusoza ibihano umwuga yize uzamufasha kwiteza imbere.

Yavuze ati:”nari umusinzi ntarafungwa kuko ntakazi nagiraga ariko ngeze kuri gereza natoranyijwe mu bagomba kwiga umwuga wo gutunganya ibikomoka ku mpu harimo inkweto,imikandara, sandari ndetse n’amasakoshi y’abagore bigezweho aho uyu mwuga uzamfasha kwibeshaho ndetse n’umuryango wanjye kuko nzajya nkuramo amafaranga yo kwiteza imbere.”

Ubumenyi bwigirwa kuri za gereza zitandukanye harimo ubudozi, ububaji, Ubwubatsi, ubukanishi, gukora amazi n’amashanyarazi ndetse no gutunganya imisatsi buhabwa abakoze ibyaha bari gukora ibihano, bategurwa gusubira mu buzima busanzwe mu rwego rwo kubagorora nkuko biri mu nshingano za RCS.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

22 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.