Iri tsinda ry’abakozi b’Inama Nkuru y’Igihugu y’abagore ryari riyobowe na Mugenzi Babra, aho baganirije abagore bari mu Igororero rya Nyarugenge bababwira ko nubwo bari mu Igororero muri gahunda za Leta zose batabibagirwa kuko ari abanyarwanda nk’abandi bose, ko nabo batagomba gusigara inyuma muri gahunda zose ziba zihari cyane izijyanye n’iterambere no gutuma badatekereza cyane ku gihano ahubwo bakiyungura ubumenyi.
Mubyo abagore bagiriweho inama, ni uko mugihe bari mu Igororero, bagomba kubyaza uwo mwanya umusaruro biyungura ubumenyi kuko banagize amahirwe yo kuba hari gahunda zitandukanye zatuma ufite ubushake atava mu Igororero nkuko yaje ameze, kuko hari amashuri yigisha imyuga itandukanye abagororwa bakanahabwa impamyabushobozi zuko ibyo bize babizi, basabwa gukoresha neza ayo mahirwe.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mukubaka amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ku magororero yose ari mu gihugu, murwego rwo kwita kubari mumagororero bari gukora ibihano by’ibyaha bakoze, kugira ngo bazasohoke hari icyo bakwimarira aho kuba umutwaro kugihugu.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.