Iri tsinda ry’abakozi b’Inama Nkuru y’Igihugu y’abagore ryari riyobowe na Mugenzi Babra, aho baganirije abagore bari mu Igororero rya Nyarugenge bababwira ko nubwo bari mu Igororero muri gahunda za Leta zose batabibagirwa kuko ari abanyarwanda nk’abandi bose, ko nabo batagomba gusigara inyuma muri gahunda zose ziba zihari cyane izijyanye n’iterambere no gutuma badatekereza cyane ku gihano ahubwo bakiyungura ubumenyi.
Mubyo abagore bagiriweho inama, ni uko mugihe bari mu Igororero, bagomba kubyaza uwo mwanya umusaruro biyungura ubumenyi kuko banagize amahirwe yo kuba hari gahunda zitandukanye zatuma ufite ubushake atava mu Igororero nkuko yaje ameze, kuko hari amashuri yigisha imyuga itandukanye abagororwa bakanahabwa impamyabushobozi zuko ibyo bize babizi, basabwa gukoresha neza ayo mahirwe.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mukubaka amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ku magororero yose ari mu gihugu, murwego rwo kwita kubari mumagororero bari gukora ibihano by’ibyaha bakoze, kugira ngo bazasohoke hari icyo bakwimarira aho kuba umutwaro kugihugu.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.