Iri tsinda ry’abakozi b’Inama Nkuru y’Igihugu y’abagore ryari riyobowe na Mugenzi Babra, aho baganirije abagore bari mu Igororero rya Nyarugenge bababwira ko nubwo bari mu Igororero muri gahunda za Leta zose batabibagirwa kuko ari abanyarwanda nk’abandi bose, ko nabo batagomba gusigara inyuma muri gahunda zose ziba zihari cyane izijyanye n’iterambere no gutuma badatekereza cyane ku gihano ahubwo bakiyungura ubumenyi.
Mubyo abagore bagiriweho inama, ni uko mugihe bari mu Igororero, bagomba kubyaza uwo mwanya umusaruro biyungura ubumenyi kuko banagize amahirwe yo kuba hari gahunda zitandukanye zatuma ufite ubushake atava mu Igororero nkuko yaje ameze, kuko hari amashuri yigisha imyuga itandukanye abagororwa bakanahabwa impamyabushobozi zuko ibyo bize babizi, basabwa gukoresha neza ayo mahirwe.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mukubaka amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ku magororero yose ari mu gihugu, murwego rwo kwita kubari mumagororero bari gukora ibihano by’ibyaha bakoze, kugira ngo bazasohoke hari icyo bakwimarira aho kuba umutwaro kugihugu.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.