Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza bari mu butumwa bw’amahoro muri MINUSCA bahawe imidali y’ishimwe

Nkuko bisanzwe abajya mu butumwa bwo kugarura amahoro ku isi, baba abasirikare abapolisi ndetse n’abacungagereza bagira igihe cyo guhabwa imidari y’ishimwe kubera ubwitange bagaragaje mu kazi  kabo ka burimunsi nkuko byagenze ku bacungagereza bari mu gihugu cya Central  Africa(CAR).

Ni umuhango witabiriwe n’umuyobozi mukuru w’ubwo butumwa (DSRSG), umuyobozi w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro, umuyobozi wa polisi  muri ubwo butumwa  ndetse n’umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa byo kugarura amahoro mu mujyi wa Bangui, ndetse n’abandi bayobozi batandukanye bitabiriye uwo muhango wo kwambikwa imidari abacungagereza mirongo itanu (50) aho abo mu Rwanda bambitswe ari umunani (8)

Imidari yatanzwe yahawe abacungagereza barengeje amezi umunani mu butumwa bwa MINUSCA, Kubera imirimo inyuranye bakoranye ubwitange, umurava ndetse n’ubunararibonye bagaragaje  mu kazi kabo bashinzwe ka buri munsi ko kugarura amahoro muri icyo gihugu.

Abacungagereza bahawe imidari bari mu gihugu cya Central  Africa mu butumwa bwo kugarura amahoro no gufasha kuzamura imicungire y’urwego rw’amagereza muri icyo gihugu (Prison Management) baturuka mu bihugu bitandukanye aribyo: u Rwanda, Benin, Burkina Faso, Cameroun, Ghana, Kenya, Madagascar, Nigeria, Senegal, Suede, Togo na Tunisia.

Kuva abacungagereza batangiye kujya mu butumwa bw’amahoro mu mwaka wa 2010 abamaze kubujyamo bose hamwe bagera ku 146 kandi n’ubundi gahunda yo kubujyamo iracyakomeje.

                           Abahawe imidari ni abacungagereza bari bamaze mu butumwa igihe kingana n’amezi umunani

                                                Abacungagereza bari mu butumwa bw’amahoro muri MINUSCA bahawe imidari y’ishimwe

                                                                                         Inzego zitandukanye zirimo abakuriye ubutumwa bw’amahoro mu ngabo na polisi bitabiriye uwo muhango

rcspet

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.