
Abana ba gereza ya Nyagatare bizihije umunsi w’umuganura basangira amafunguro ya Kinyarwanda
Taliki ya 05 Kanama buri mwaka, ni umunsi wahariwe umuganura mu gihugu hose, ni umuhango umaze igihe kitari gito kuko wabayeho kuva kera mu gihe cy’abami, ukaba warahabwaga agaciro gakomeye aho abaturage basangiraga n’umwami ku ntango y’inzoga yabaga yateguwe ndetse bakanasangira ibiryo bya Kinyarwanda babaga bejeje mu muhango witwaga kuganura.




