
Abari mu magororero yose yo mu Rwanda bizihije imyaka 29 ishize U Rwanda rwibohoye
Kuwa 04 Nyakanga Buri mwaka mu Rwanda hose hizihizwa umunsi wo kwibohora, mu Urwego rw’ U Rwanda rushinzwe igorora,
uyu munsi wizihirijwe Ku magororero yose mu nsanganyamatsiko igira iti “KWIBOHORA ISOKO YO KWIGIRA”, aho abakozi ba RCS, abagororwa n’abantu bafunze bawizihirije hamwe mu biganiro bitandukanye bigaruka ku kwibohora kw’Abanyarwanda.




