
Komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu yaganirije abagororwa bo mu Igororero rya Rwamagana ku burenganzira bwabo
Itsinda riturutse muri Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu, uyumunsi kuwa 20 Ukwakira 2023, ryasuye Igororero rya Rwamagana baganiriza Abantu bafunzwe n’Abagororwa, ku burenganzira bwa muntu ariko bibanda cyane ku burenganzira bw’umuntu ufunzwe.




