Categories: Amakuru ya RCSSlider

Komiseri mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora, CG Evariste MURENZI n’itsinda ry’umuryango Stirling Foundation basuye ahari kubaka HWHSRC bareba aho umushinga ugeze

Half way home Social reintegration Center, ni umushinga mugari wa Leta y’u Rwanda wo gufata abantu bari mu magororero basigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo bakabanza kunyuzwa muri icyo kigo mu rwego rwo kubategura kurushaho mu mutwe no kububakira ubushobozi. Iminsi bazajya bamara muri icyo kigo bazajya bategurwa gusubira mu muryango bahabwa inyigisho zitandukanye zirimo n’uburere mboneragihugu hakiyongeraho no gukomeza kwigishwa imyuga n’ubumenyingiro, bizabafasha kwiteza imbere n’imiryango yabo igihe bazaba basoje ibihano.

Iryo tsinda ryarebaga aho umushinga w’inyubako watangiye ugeze banareba uburyo ibikorwa by’inyubako byatangiye byakwihutishwa maze hagakurikiraho ibindi byiciro by’ibikorwa biteganijwe bityo ibyahateganyirijwe bigatangira gushyirwa mu bikorwa. umushinga ugeze ku kigero cyiza kuko icyiciro cya mbere cy’izo nyubako cyarangiye hakaba hasigaye icya kabiri n’icya gatatu

Itsinda ryasuye ahari kubakwa inyubako za Half way home Social reintegration Center (HWHSRC), rimaze gusura ibikorwa byarangiye n’ibirimo gukorwa bishimye uko imirimo iri kugenda  basaba ko byakomeza kwihutishwa ibyahateganyirijwe aho hantu bigatangira gushyirwa mubikorwa.

Komiseri Mukuru wa RCS Evariste Murenzi n’itsinda ry’umuryango Stirling Foundation bashimye aho ibikorwa by’inyubako bigeze.
Nyuma yo gusura inyubako za HWHSRC itsinda rya Stirling Foundation n’itsinda rya RCS bafashe ifoto y’urwibutso.
Innocent NIRINGIYIMANA

Share
Published by
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

IRMCT Registrar Visits RCS Headquarters and Commends Rwanda’s correction standard

Today April 1, 2026, the Registrar of the International Residual Mechanism for Criminal Tribunals (IRMCT),…

3 weeks ago

CG E. Murenzi Holds Talks with the President of IRMCT During Her Official Visit

On 23 February 2026, the Commissioner General of the Rwanda Correctional Service (RCS), CG Evariste…

2 months ago

Namibian Parliament Delegation Visits Rwanda Correctional Service

This Wednesday January 28, 2026 at RCS Headquarters, CG Evariste Murenzi received a delegation of…

3 months ago

Mr. Andrew Corley, President and CEO of PFI, Extended his Visit to Nyarugenge Correctional Facility

Following a meeting with the Commissioner General of the Rwanda Correctional Service (RCS) Yesterday, Mr.…

3 months ago

Head of Prison Fellowship International Praises the Impact of Spiritual Teachings on Inmates

Andrew Corley, the President of Prison Fellowship International, following his visit to Rwanda Correctional Service…

3 months ago

CG Murenzi Received the President and CEO of Prison Fellowship International for Courtesy Visit and Talks

Today January 14, 2026, the Commissioner General of the Rwanda Correctional Service (RCS), CG Evariste…

3 months ago

This website uses cookies.