Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Amakuru Agezweho

U Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga ku kugorora

Ibi ni ibyatangajwe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCG Mary Gahonzire mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye ku Cyicaro gikuru cy’urwo Rwego ku wa 15/11/2013. Iyi nama ikaba igamije kunoza gahunda zo kugorora ku Bihugu byohereza abacungagereza mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.

Ubufatanye n’inzego bireba: igisubizo kirambye mu gukemura ibibazo bijyanye n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa

Mu nama y’iminsi 2 yahuje Ubuyobozi Bukuru bwa RCS, abakozi bashinzwe imicungire ya dosiye z’imfungwa n’abagororwa kuri za Gereza zose n’abahagarariye izindi nzego zirebwa n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa zirimo Inkiko, Ubushinjacyaha Bukuru na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, hagaragajwe ko ubufatanye bwa RCS n’izo nzego ari wo muti urambye wo gukemura ibibazo birebana n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa

Abagize Utunama dushinzwe gutanga amasoko ya Leta kuri za Gereza bongerewe ubumenyi

Abakozi 42 bagize Utunama dushinzwe gutanga amasoko ya Leta kuri za Gereza zo mu Rwanda bashoje amahugurwa y’iminsi 5 ku mitangire y’amasoko ya Leta. Aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amasoko ya Leta (RPPA) yabereye mu Kigo cy’amahugurwa cya St Paul guhera ku itariki ya 14 kugeza ku ya 18 Ukwakira 2013.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"