Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi b’urwego b’umwuga b’Igororero rya Huye bafatanyije n’abaturage n’inzego z’umutekano bakora umuganda rusange

Ni ibihuru biri iruhande rwa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, aho byari bimaze gukura, ndetse bikaba byaba indiri yo kuba byakwihishamo abagizi ba nabi, bikagira ingaruka ku baturage kandi aribo bakabaye bikemurira ibibazo, umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye, harimo izibane, iz’umutekano nk’ingabo ndetse na Polisi bafatanya n’Abakozi b’Umwuga b’Urwego nkuko inzego z’umutekano arizo zigomba gufata iyambere mugushakira abaturage umutekano, hatemwe ibihuru byari byaramaze gukura mu rwego rwo gutunganya ahatameze neza.

Nkuko bimaze kumenyerwa ko umuganda rusange ari uburyo bumwe igihugu cyishatsemo ibisubizo, buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi buri munyarwanda wese ategetaswe kwitabiraicyo gikorwa hagakorwa ibikorwa bitandukanye nko gusana  imihanda, kubakira abatishoboye, bakubaka ibiraro byasenyutse ndetse n’ibindi biba bikeneye ingengo y’imari ndende, bigakorwa  ntamafaranga ashowemo ariko bigahabwa agaciro mu mafaranga, ni muri urwo rwego iki gikorwa cyakozwe kuko gihuza inzego zose haba abaturage n’inzego zitandukanye.

Nyuma y’umuganda hatanzwe ubutumwa butandukanye kubitabiriye umuganda burimo kubashishikariza buriwese gukora cyane akiteza imbere ndetse no gukunda igihugu birinda icyahungabanya umutekano wacyo.

Umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye nkuko mu gihugu hose bigenda.
Umuganda wokozwe kwari ugutema ibihuru biri iruhande rwa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.
Nyuma y’umuganda abawitabiriye baganirijwe kuri gahunda zo gukunda Igihugu.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.