Categories: Amakuru ya RCSSlider

Itorerero rya ADEPR  ryakoze ivugabutumwa ku Igororero rya Musanze rinabatiza bamwe mu bayoboke baryo bahagororerwa

Muri iryo vugabutumwa mbemburamitima riba rikenewe ku muntu uri mu Igororero, nubwo aba yarakoze icyaha ryabatirijwemo Abantu bafunzwe n’Abagororwa bose hamwe 71, bigishwa kandi uburyo umukirisitu nyawe agomba kugira imyitwarire imutandukanya n’abandi mu migenzereze ye ya buri munsi mu mibanire ye n’abandi, aho agomba kurangwa no gusenga, kujya Inama, gukora ibikorwa by’urukundo, gufashanya n’abandi ikiruta ibindi byose akubaha abamuyobora kuko ubuyobozi buturuka ku Mana, uba utagetswe kubaha umuntu ukuyobora aho ava akagera.

Mu myemerere ubundi habaho ibikorwa bitandukanye bituma abayoboke biyumvamo ko abanyetorero bafite ubumuntu, aho bisabwa ko hagira ibikorwa by’urukundo bikorwa kugirango bagaragaze kugiraneza kw’Imana, ari nako ku Igororero rya Musanze Itorero rya ADEPR, ryatanze ibikoresho bitandukanye bizafasha Abantu bafunzwe n’Abagororwa bahagororerwa dore ko iryo gororero ririmo n’igice kigororerwamo abagore, hatangwa ibikoresho by’isuku, nk’amasabune, amavuta, ibikoresho byifashishwa n’abagore mu gihe cy’ukwezi, imyambaro y’abagabo, abagore ndetse n’imyenda y’abana babana n’ababyeyi babo batarageza igihe cyo gutandukanywa nabo hiyongeraho n’ibiribwa aho batanze amata, isukari, ifu ya sosoma n’ibisuguti.

Umuyobozi w’Igororero rya Musanze SP Innocent Ngirikiringo, yavuze ko ushize mu gaciro ibikoresho byatanzwe ku Bantu bafunzwe ku Igororero rya Musanze ibyatanzwe bifite agaciro gasaga miliyoni 8 ndetse ishimira iri torero ku musanzu waryo kuko ibikorwa nk’ibi biri mu rwego rwo kugorora.

Habaye umubatizo habatizwa abayoboke b’iryo torero 71.
Mu ivugabutumwa ryatanzwe ku bantu bafunzwe bigishijwe uburyo umukirisitu agomba gutandukana n’abandi mu myitwarire.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Dr Vincent Biruta Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasoje umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS  waberaga i Gako

Uyu munsi taliki 25 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yosoje umwiherero…

4 days ago

CG Evariste Murenzi  yafunguye umwiherero w’iminsi itatu w’Abayobozi bakuru ba RCS uri kubera i Gako

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2026, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi yafunguye ku…

6 days ago

Abakozi ba RCS bakoreye urugendoshuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi 1994

Mu rugendoshuri rwabaye kuri uyu wa 17 Nyakanga 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora…

2 weeks ago

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

2 weeks ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

3 weeks ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

4 weeks ago

This website uses cookies.